AGEZWEHO

  • Sena y’u Rwanda yatoye itegeko ryemera amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC – Soma inkuru...
  • Kayonza: BPR Bank yizihiza imyaka 50 yijeje gukomeza kuzamura imibereho y’abaturage – Soma inkuru...

Minisitiri Gatabazi yibukije abagize inama Njyanama y'Umujyi wa Kigali kutireba ubwabo gusa

Yanditswe Mar, 25 2022 13:41 PM | 9,995 Views



Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yibukije abagize inama Njyanama y'Umujyi wa Kigali, ko Umujyanama agomba kuba umuntu utirebaho gusa ahubwo agomba kuba ari umuntu ufite umuturage ku mutima bityo ibyo akora byose bikaba bifitiye inyungu umuturage.

Ibi yabigarutseho nyuma y’aho Urujeni Martine atorewe kuba umuyobozi w'Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Ubukungu n'Imibereho Myiza ku majwi 298 kuri 397 y'inteko itora, ni matora yabereye kuri Petit Stade i Remera.

Aka yagiye kuri uyu mwanya asimbuye Nadine Umutoni Gatsinzi, wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Imikurire no kurengera umwana.

Minisitiri Gatabazi yavuze kandi ko abatuye Umujyi wa Kigali bari mu byiciro bitandukanye, akaba ariyo mpamvu ibyemezo bifatwa n'Inama Njyanama bigomba kureberera ibyiciro bitandukanye by'abatuye Umujyi wa Kigali.

Uretse Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu witabiriye aya matora, yanitabiriwe n'Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa , Perezida w'Inama Njyanama y'Umujyi wa Kigali Dr. Kayihura Muganga Didas n'abandi bayobozi batandukanye.


James Habimana




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Ab’i Manji bongeye gutura ubuyobozi ibibazo bibangamiye iteramber

Perezida Kagame yavuze ko nta gace k'Igihugu gakwiye gusigara inyuma

Kigali: Umuturage yafatanywe imifuka 12 y'urumogi

Perezida Kagame yasabye abaturage guhuriza hamwe imbaraga bakarwanya ubukene

#KwegeraAbaturage: Perezida Kagame arasura abaturage b'akarere ka Nyagatare