AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Kigali: Umuturage yafatanywe imifuka 12 y'urumogi

Yanditswe Mar, 31 2019 11:59 AM | 4,508 Views



Polisi y'u Rwanda irashima uruhare rw'abaturage mu gutanga amakuru y'ibyaha bishobora guhungabanya umutekano. 

Ibi byatangajwe ubwo polisi yagaragazaga umuturage wafatanywe imifuka 12 y'urumogi ukekwaho ku rugurisha mu Mujyi wa Kigali.

Ni umuturage wakoreraga mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro mu Mudugudu wa Rugero. 

Uyu mugabo ukekwaho gucuruza urumogi yafashwe mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu, avuga ko aho yafatiwe yari asanzwe ahakorera akazi k'ubuzamu ariko atazi ibikorerwa mu nzu yarindaga.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Marie Goreti Umutesi avuga ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane abafatanyacyaha mu gucuruza uru rumogi. 

CIP Umutesi ashima uruhare rw'abaturage mu gutanga amakuru agamije kurwanya ibyaha.

Polisi y'u Rwanda yibutsa ko usibye kuba gucuruza urumogi ari icyaha gihanwa n'amategeko, ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge ngo ni intandaro yo kwishora mu bindi byaha, akaba ariyo mpamvu abantu bagomba kubyirinda.


Inkuru ya John Patrick Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira