AGEZWEHO

  • Ababatabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside – Soma inkuru...
  • Abakinnyi 11 b’intoranwa bakinanye na Jimmy Gatete – Soma inkuru...

Abashoramari bo mu Rwanda bakorera muri RDC bavuze ko biteguye kongera ibyo bakorerayo

Yanditswe Jun, 26 2021 18:19 PM | 115,694 Views



Abashoramari b'abanyarwanda bakorera ibikorwa by'ubucuruzi muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, bavuze ko biteguye kurushaho kubyaza umusaruro isoko ryo muri icyo gihugu muri ibi bihe ibihugu byombi bikomeje gushimangira umubano hagati yabyo.

Bavuze ibi nyuma y'aho Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri iki gihugu mu Mujyi wa Goma kuri uyu wa Gatandatu, ku wa Gatanu Perezida Tshisekedi nawe akaba yari yagiriye uruzinduko mu Mujyi wa Rubavu mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatandatu, ibihugu byombi byiyemeje gukuraho inkomyi mu bucuruzi bwambukiranya imipaka, ibi bikaba bikubiye mu masezerano yasinywe n'abahagarariye ibihugu byombi.

Mukantavuka Jeanne ucuruza ibishyimbo n'ibigori abyohereza muri RDC, ndetse rimwe na rimwe abakiriya be bakamwoherereza amasaka iyo yeze muri icyo gihugu.

Avuga ko ubushake bwa Politike bwo guteza imbere umubano w'ibihugu byombi, bivuze byinshi ku bucuruzi bwe ndetse yizera ko imbogamizi yahuraga nazo zigiye kugabanuka cyangwa zikavaho burundu.

Yagize ati ‘’kubera ko twizeye ijana ku ijana umutekano wacu, ubu dushobora kujyayo tugahahirana, tukareba uko bakora n’amahirwe ahari nabo bakaza ntakwikekana ngo najyayo nkagira ikibazo cyangwa we avuga ngo yaza inaha akagira ikibazo.’’

Michel Kayihura Makolo, uyobora uruganda rutunganya ifu y'imyumbati "Kinazi Cassava Plant", nawe avuga ko hari Ifu yohereza muri RDC.

Yagize ati ‘’Hari ibintu bihari bisa n'amananiza hari aho ugera ufite ibicuruzwa bakakubwira ngo ibicuruzwa ntibinyura hano, ukabona ko ari ukunaniza gusa, hari igihe bagihererekanya ku bantu ushaka ibyangombwa rimwe na rimwe bikabura, ubu bushake bwa Politike nkeka ko buje kudufasha gushyira ibyo bintu byari nk’imbogamizi kuri twe tukajyayo tugacuruza za mbogamizi zitagihari.’’

Abacuruzi b'abanyarwanda bakorera ku mupaka w'ibihugu byombi, bashima imikoranire isanzweho ariko bakagaragaza ko gukorana kw'abanyepolitiki, icya mbere babyungukiramo ari umutekano.

Ni ibintu abahanga mu by'ubucuruzi basanga bizongera isoko ry'abacuruzi bo mu Rwanda, ndetse abikorera cyane cyane abanyenganda bashobora kubona ku buryo bworoshye  aho bakura ibikoresho byibanze.

Dr Rusibana Claude Impuguke mu bukungu akaba n'umwarimu muri Kaminuza, yagize ati ‘’Umushoramari ibyo asabwa ni ugutinyika, icya kabiri ni ugushaka uko amenya igihugu cya Congo akahagera akamenya mu by’ukuri ayo mahirwe, kuko ntiwakwicara hano ngo ubimenye bisaba kugerayo.’’

Imibare igaragazwa n'urwego rw'igihugu rushinzwe  iterambere RDB, yerekana ko mu mwaka wa 2020 ibicuruzwa byoherehejwe muri RDC bivuye mu Rwanda bifite agaciro ka Miliyoni 88.3 z'amadorali ya Amerika, bingana na 8.1% by'ibyoherejwe mu mahanga byose.

Ni mu gihe, DRC ari igihugu cya 7 mu bihugu  byakoze ishoramari mu Rwanda muri 2020 aho iki gihugu cyihariye miliyoni 10 z'amadorali ya Amerika,  ni ukuvuga 0.8% by'ishoramari ryose ryakozwe muri uwo mwaka.

Fiston Flix Habineza




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ababatabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahung

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha