AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Polisi yijeje gukemura ikibazo cyo gukorera perimi za burundu

Yanditswe May, 22 2023 21:19 PM | 99,563 Views



Hashize igihe humvikana amajwi y’abinubira ko gukorera impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga bikomeje gutinda nyuma y’uko umuntu yiyandikishije.

Abenshi bemeza ko ibi bikunze guteza ingaruka zuko bamwe bahitamo guca inzira zúbusamo mu gushaka isi mpushya harimo no gukoresha izo mu bihugu byo mu karere, Polisi yú Rwanda yo ivuga ubu iki kibazo kiri mu nzira zo gucyemuka.

Mu minsi ishize, Nkurunziza Pascal yahawe na polisi gahunda yo kuzakora ikizamini umwaka utaha mukwa kabiri.

Ni ikibazo atihariye, ahubwo we nabo bagihuje basaba Polisi kugira icyo ikora ngo bakore ibi bizamini vuba.

Abigisha gutwara ibinyabiziga bemeza uburemere bw’iki kibazo, bagasaba ko Polisi ko yagira icyo ikora ngo gikemuke burundu, kuko byagabanya n'abajya gushakira ibi byangombwa mu nzira zidakwiriye.

Umuvugizi wa Polisi y'igihugu, CP John Bosco Kabera avuga ko ubu Polisi irimo kongera abakozi muri uru rwego, ndetse hari no kubakwa ikigo cyihariye kizafasha kwihutisha ikorwa ry'ibizamini cyane cyane ikizamini cya burundu cyo gutwara ibinyabiziga.

Polisi ivuga ko ikigo kirimo kubakwa kizafasha cyane cyane abatuye mu mujyi wa Kigali gukora buri gihe ubu imirimo yo kucyubaka igeze hejuru ya 70% ku buryo mu gihe cya vuba izaba cyatangaye gukoreshwa.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage