AGEZWEHO

  • Sena y’u Rwanda yatoye itegeko ryemera amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC – Soma inkuru...
  • Kayonza: BPR Bank yizihiza imyaka 50 yijeje gukomeza kuzamura imibereho y’abaturage – Soma inkuru...

Abarimo Cyusa, Mpano Layan n’Itorero Indashyikirwa bagiye guhurira mu gitaramo cy’Umuganura

Yanditswe Jul, 31 2025 19:35 PM | 157,071 Views



Abahanzi baririmba indirimbo Gakondo barimo Cyusa Ibrahim, Mpano Layan, Munganyinka Aloutte n’Itorero Indashyikirwa, batumiwe mu gitaramo cyo kwizihiza ‘Umuganura’ cyiswe ‘Umuganura Gakondo Festival’.

Iki gitaramo cy’iserukiramuco ryo kuganuza Abanyarwanda inganzo y’umwimerere y’umuziki gakondo kizabera muri Kigali Universe ku Cyumweru tariki 3 Kanama 2025.


Tuyitakire Joshua uri mu bari gutegura iki gitaramo yabwiye RBA ko uretse kuririmba ariko hateganyijwe n'ibindi bikorwa byo kwizihiza Umuganura.

Ati "Ntabwo ari ukuririmba gusa ahubwo hateguwe n'uburyo bwo gutekera abantu ibiryo Gakondo by'Abanyarwanda."

Tuyitakireyavuze ko iki gitaramo kizajyana no kuganuza Abanyarwanda ku muziki wabo gakondo ariko hakazaba n’ibikorwa birimo ubusabane.

Ati "Ikindi ni iserukiramuco, urumva ko n'imyambaro abantu basabwa kuza bambaye Kinyarwanda."

Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari 10.000 Frw ndetse n’ibihumbi 20 Frw, aho amatike aboneka ku rubuga rwa Kigali Universe.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Ab’i Manji bongeye gutura ubuyobozi ibibazo bibangamiye iteramber

Perezida Kagame yavuze ko nta gace k'Igihugu gakwiye gusigara inyuma

Kigali: Umuturage yafatanywe imifuka 12 y'urumogi

Perezida Kagame yasabye abaturage guhuriza hamwe imbaraga bakarwanya ubukene

#KwegeraAbaturage: Perezida Kagame arasura abaturage b'akarere ka Nyagatare