AGEZWEHO

  • Abakinnyi 11 b’intoranwa bakinanye na Jimmy Gatete – Soma inkuru...
  • Jimmy Gatete ari kwandika igitabo kivuga ku buzima bwe ‘butazwi’ – Soma inkuru...

Umuyobozi wa Paris yashimye ubutwari bw’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe Jul, 20 2021 13:28 PM | 43,989 Views



Kuri uyu wa Kabiri, Umuyobozi w’Umujyi wa Paris mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ashima ubutwari abanyarwanda bagaragaje bakabasha kongera kubaka igihugu nyuma yo gusenywa na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hidalgo yabyanditse mu gitabo cy'abashyitsi nyuma yo gusura urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Ku rwibutso rwa jenoside rwa Kigali, Hidalgo yasuye ibice bitandukanye bigize urwibutso asobanurirwa amateka y'u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe yakorwaga ndetse na Nyuma yayo.

Uyu muyobozi yunamiye abarenga ibihumbi 250 baruhukiye muri uru rwibutso, akaba ari bunasure urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.

Yavuze ko  amateka, ukuri no kwibuka ari ingenzi cyane mu kubaka amahoro ndetse n'isi.

Uyu muyobozi ari mu Rwanda aho yitabiriye inama kimwe n’abandi bayobozi bari mu ihuriro ry’imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta