AGEZWEHO

  • Jimmy Gatete ari kwandika igitabo kivuga ku buzima bwe ‘butazwi’ – Soma inkuru...
  • Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha – Soma inkuru...

Urwego rw'itangazamakuru mu Rwanda rwarazamutse mu nzego zose--RGB

Yanditswe Nov, 03 2017 16:42 PM | 4,136 Views



Urwego rw'igihugu rw'imiyoborere RGB ruravuga ko ruzakomeza gutera inkunga itangazamakuru, kugira ngo n'ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo nabyo birusheho kuzamuka. 

Ni mu gihe abanyamakuru bavuga ko ubushobozi bukiri imbogamizi ku bwisanzure bw'itangazamakuru.

Raporo y'ibikorwa bya RGB by'umwaka wa 2016/2017 igaragaza ko itangazamakuru rigenda ritera imbere, aho muri rusange kuva mu mwaka wa 2013 kugera mu wa 2016, ryavuye ku rugero rwa 60,70% bigera kuri 69,90%. 

Ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bwavuye kuri 71,50% bugera kuri 82,18%, ubwiyongere bw'ibitangazamakuru buva kuri 50.40% bugera kuri 62.20%, kwiyubaka biva kuri 51.90%  bigera kuri 59.40%, kubona amakuru biva kuri  55.20% bigera kuri 65.80%, mu gihe ubwigenge bw'itangazamakuru mu bukungu byavuye kuri 68.10% bikagera kuri 71.00%.

Bamwe mu banyamakuru bavuga ko ubwisanzure mu mikorere yabo ya buri munsi bugenda bwiyongera, kubona amakuru bikarushaho kugenda byoroha.

Umukuru wa RGB Prof. Shyaka Anasthase, nawe yemeza ko ubushobozi bw'ibitangazamakuru mu buryo bw'ubukungu bukiri hasi, ariko ko bazakomeza guharanira ko buzamuka.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta