Yanditswe May, 09 2017 14:25 PM | 3,405 Views
Miliyoni hagati ya magana abiri na magana abiri na mirongo itanu z'amadolari y'Amerika niyo agiye gukoreshwa na ministeri y'ibikorwa-remezo n'ugutangiza ikigega kizafasha mu korohereza abubaka inzu ziciriritse zo guturamo.
Ibi byatangajwe na minisitiri w’ibikorwa remezo, James Musoni, ubwo yari imbere ya komisiyo y’ingengo y'imari n’ubukungu mu nteko ishinga amategeko mu biganiro ku mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2017/2018.
Minisitiri James Musoni avuga ko iki kigega ari kimwe mu bizafasha mu kubaka inzu ziciriritse bityo bifashe abaturage benshi bafite ikibazo cyo kubona amacumbi. Minisitiri Musoni kandi yabwiye komisiyo y'inteko ko iyi ministeri yafashe icyemezo cyo guteza imbere ibikoresho byubakishwa bikorerwa mu Rwanda, kuko kugeza ubu mu rwanda hamaze kugera ibigo bifite ubushobozi kandi bikora ibikoresho bihendutse.
Ikindi kandi ngo nuko bashyizeho amabwiriza y’uko ibyo bikoresho bigomba kuba bihendutse kurusha ibitumizwa mu mahanga. Minisitiri yavuze ko kugeza ubu ingengo y’imari ya Minisiteri y’Ibikorwa remezo itwara 14% by’ingengo y’imari yose y’igihugu, bikaba bisaba ko ikoreshwa mu bikorwa bifatika kandi bikemura ibibazo by’abaturage.
Muri Gashyantare uyu
mwaka Ikigo cy'igihugu cy'imiturire cyatangaje ko cyari ifite umushinga wo
kubaka inzu 30,000 mu cyerekezo cya Leta cyo kubaka inzu ziciriritse.
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamahanga kuba abakozi ba ...
May 06, 2024
Soma inkuru
Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula
May 05, 2024
Soma inkuru