AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Rwampungu Meshack yagaragaje uko siporo igarurira abafite ubumuga icyizere

Yanditswe Mar, 05 2024 13:06 PM | 68,667 Views



Rwampungu Meshack, umukinnyi wa Basketball mu cyiciro cy’abafite ubumuga mu Rwanda, yagaragaje ko kugira ubumuga bitamuzitiye gukomeza gukora cyane kuko ashyigikiwe mu mishinga ye.

Uyu mukinnyi yabitangarije mu Kiganiro RTV Versus aherukamo kuri Televiziyo Rwanda.

Rwampungu w’imyaka 31 yahoze akinira Kigali Basketball Club gusa mu mwaka wa 2015 ubwo iyi kipe yari yerekeje i Huye mu marushanwa, imodoka yari ibatwaye yakoze impanuka, ibyatumye asigarana ubumuga bw’amaguru.

Ibi ntibyamuciye intege, kuko uyu musore wakomeje uyu mukino akaba ari na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’abafite ubumuga.

Yagarutse ku buzima yanyuzemo nyuma yo kugira imvune yatumye agira ubumuga.

Yagize ati “Njyewe nabayeho mu Isi ntafite ubumuga. Nzi uburyo natinyaga kuvugisha umuntu ufite ubumuga, nti ese aho namuvugisha akababara kubera kutamenya ururimi namuvugishamo.’’

Ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatahaga ku mugaragaro ikibuga cy’umupira wa Basketball cya Kimironko muri Gicurasi 2023, Rwampungu na bagenzi bafite ubumuga bagize umwanya wo gukina no gusabana n’Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Inama ya mbere yatugiriye, ni ukubyaza umusaruro amahirwe ahari. Byari ibyishimo cyane ariko twabifashe nko guha agaciro abafite ubumuga. Iyo muri kumwe (Perezida Kagame) abona wowe ubushobozi ufite, ntareba igare (ry’abafite ubumuga). Ni icyo umubyeyi agenderaho.”

Rwampungu Meshack agaragaza ko yishimira ko kugeza ubu ibikorwa bye bifite umusaruro ufatika ndetse n’abafatanyabikorwa babiha agaciro. Agaragaza ko hari bamwe mu banyeshuri bahagaritse amashuri kubera ubumuga ariko ubu bakaba barasubiyeyo ndetse hari n’abahabwa akazi mu bikorwa bimwe na bimwe bihuza abantu benshi nk’imikino n’ibindi.

Ni we utegura Igikorwa “Sports on Wheel” gihuza abakinnyi ba Basketball bafite ubumuga ndetse n’abatabufite.

Yavuze ko yagitangije mu gufasha abafite ubumuga kudaheranwa n’agahinda no kwidagadurana n’abandi.

Ati “Ariko ubu nazanye igikorwa kiduhuza twese. Siporo ni ururimi umuntu wese yumva, naho wakibeshya, nta gikuba cyaba gicitse.’’

“Sports on Wheel” iba buri mwaka, iheruka yabaye ku wa 2 Werurwe 2024, muri BK Arena. Uwo mukino warangiye Ikipe ya Rwampungu Meshack yatsinze iya Nshobozwabyosenumukiza Jean Wilson amanota 32-22.

Manzi Prince



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Rwanda 30: Kaminuza y’u Rwanda imaze gushyira ku isoko ry’umurimo ab