Yanditswe Oct, 02 2019 08:36 AM | 12,514 Views
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase yasabye ubuyobozi bushya bw’Akarere ka Musanze n’abafatanyabikorwa bako kuba bakemuye byinshi mu bibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage mbere y’impera z’uyu mwaka wa 2019.
Bamwe mu bantu b’ingeri zitandukanye bavuga ko bagiye kongera ubufatanye mu gukemura ibibazo bihari kandi mu gihe cyagenwe.
Kuri
uyu wa Kabiri, abayobozi bashya b’aka karere, abavuga rikumvikana muri aka karere,abakozi
bako n’izindi nzego zitandukanye zirimo n’iz’umutekano,bagiranye ibiganiro na Minisitiri
Shyaka.
Bimwe mu bibazo byagaragajwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze nk’ibyihutirwa cyane ni ugutunganya inzu 2000 z’abaturage zitameze neza n’ubwiherero 1500 ndetse no gukemura ikibazo cy’abaturage baturiye ikibuga cy’indege cya Musanze babujijwe gukomeza gukoresha ubutaka bwabo.
Minisitiri Shyaka yasabye ko binyuze mu bufatanye bw’inzego zose, izi nzu n’ubu bwiherero bigomba kuba byarangiye mu mpera z’uyu mwaka. Mu gihe aba baturage baturiye ikibuga cy’indege bo ari ikibazo cyo kwihanganira Leta gato.
Ibindi bibazo byagarutsweho ni ukugira sitade ijyanye n’igihe, kubaka Ibitaro bigezweho bya Ruhengeri, guhangana n’ikibazo cy’amazi ava mu birunga akangiriza abaturage,kuvugurura inyubako za Kaminuza y’u Rwanda I Busogo n’ibindi.
Bamwe mu bitabiriye ibi biganiro bavuga ko ubufatanye basabwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu bugiye kubafasha gukemura bimwe mu bibazo abaturage bafite.
Akarere ka Musanze gatuwe n’abaturage 406.479, batuye ku buso bungana na Km2 530,4. Ubukungu bwako bushingiye ku buhinzi n’ubworozi n’ubukerarugendo kakaba ari akarere kamwe muri tubiri mu gihugu gafite Komite Nyobozi Nshya.
Inkuru mu mashusho
Uwimana Emmanuel
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
18 minutes
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
1 hour
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru
Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko
May 07, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo
May 07, 2024
Soma inkuru
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda ...
May 06, 2024
Soma inkuru