AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yakiriye Intumwa z’Inteko Ishinga Amategeko y’u Budage – Soma inkuru...
  • Nta gahunda ihari yo kubaka ibiro by’Uturere bishaje- Guverineri Dushimimana – Soma inkuru...

Bamwe mu batuye muri Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’abiyita abavuzi gakondo

Yanditswe Jan, 02 2022 11:23 AM | 88,220 Views



Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko bahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’abiyita abavuzi gakondo bavuga ko bavura indwara zose nyamara bagamije gusa kwishakira amafaranga.

Bamwe mu bavuzi gakondo, nabo bemeza ko hari abivanze mu mwuga wabo nyamara atari abavuzi.

Aba baturage bavuga ko ibi bita ubushukanyi bwambura bukorwa n’abantu bagenda bamamaza imiti mu mihanda n’ahahurira abantu benshi, ndetse bamwe bakanifashisha ibitangazamakuru babahamagarira kwivuza cyangwa gufata imiti yabo. 

Aba baturage bifuza ko inzego zibishinzwe zahagurukira iki kibazo, ibi bikorwa bigahagarara.

Uwitwa Mporanzi Theogene yagize ati "Indwara yose bavuga ko bayishobora kubera ko bashaka ifaranga, baravuga bati dufite umuti wongera igitsina, ukagenda ukabyisiga ariko ntihagire impinduka bikora."

Micomyiza Olivier we ati "Aba bantu bamamaza ku maradiyo ushobora gusanga banabeshya, baca amafaranga menshi kandi ari n’indwara ivurirwa kwa muganga, bakaguhereza imiti ikaba yanaguhitana kandi baguciye n’amafaranga menshi."

Bamwe mu bavuzi gakondo na bo bemeza ko hari abamamyi bivanze mu mwuga wabo, bagakora ibinyuranije n’amategeko.

Nzayisenga Modeste uzwi nka Rutangarwamaboko ati ‘’Ubuzima bw’umuntu ntabwo ari ubwo gukiniraho, ese ni iki kivuga ko uwo muntu wamamaza ko ari umuvuzi koko ko ariwe? ibyo ni ukubyitondera, niba ukora ibyo bintu abantu barabizi bazakugana, kuki ugombera kujya kuvuga ibivugwa n’ibitavugwa, nibo bagukeneye, niyo mpamvu nakubwiye ngo ubuvuzi butandukanye n’ibindi bicuruzwa nta n’ubwo babyita ubucuruzi.’’

Umuyobozi w’ishami rishinzwe gukurikirana ingaruka z’ibiribwa n’imiti mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti FDA,  Ntirenganya Lazare avuga ko uretse abagenda bamamaza ubuvuzi n’imiti gakondo mu mihanda n’ahahurira abantu benshi, hari n’abavuzi gakondo bafite aho bakorera hazwi ariko bakarenga ku mabwiriza ajyanye n’ubunyamwuga .

FDA ivuga ko guhera m'Ukwakira 2021 kugeza ubu, kimaze kwihanangiriza mu magambo no mu nyandiko amavuriro gakondo 24 yagaragaweho kurenga ku mabwiriza agenga ubuvuzi gakondo, kikavuga ko nibatikosora hazakurikiraho ibihano.

Jean Paul Maniraho




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nta gahunda ihari yo kubaka ibiro by’Uturere bishaje- Guverineri Dushimima

Gakenke: Inkangu zishobora gusenya igice cy’umuhanda kuri Buranga

Gen Mahamat Idriss Déby yatorewe kuyobora Tchad

FERWAFA igiye guhemba abakinnyi n’abatoza bitwaye neza muri Werurwe na Mat

Haracyari ibibazo bishingiye ku mateka ariko byose birushwa imbaraga n’iby

Gen Mubarakh Muganga yasabye abasirikare basoje amasomo ku binyabiziga kwirinda

Rusizi: Abasenateri basuzumye ibikorwa mu guteza imbere imikorere ishingiye ku m

Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza g