AGEZWEHO

  • USA: Kaminuza ya Leta ya California yibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • Gicumbi: Imiryango yasenyewe n’ibiza mu 2023 yatujwe mu Mudugudu wa Kaniga – Soma inkuru...

Gakenke: Inkangu zishobora gusenya igice cy’umuhanda kuri Buranga

Yanditswe May, 10 2024 15:31 PM | 235,451 Views



Abaturiye n'abakoresha umuhanda Musanze-Kigali cyane cyane mu gace cy’ahazwi nka Buranga batewe impungenge n'inkangu zikomeje kuwototera ku buryo zishobora kuwusenya.

Uyu muhanda w’amakorosi mu gace kazwi nka Buranga, kagizwe n'imisozi ihanamye kareshya n'ibirometero birindwi.

Ni ahantu hakunze kuba inkangu ziriduka zigafunga uduce tumwe na tumwe tw’uyu muhanda.

Kuri ubu igihangayikishije muri aka gace ni uko inkangu zimaze kuwusatira cyane mu gice cyo munsi yawo bikaba biteye impungenge abawuturiye.

Ubuyobozi bw'Akarere ka Gakenke buvuga ko iki kibazo bwamaze kukigeza kku Kigo cy'Igihugu gishinzwe iterambere ry'Ubwikorezi (RTDA) kandi ko cyamaze no kuhasura.

Icyakora uyu Muyobozi ahumuriza abawukoresha ko mu gihe byagaragara ko wangiritse cyane ngo hakwifashishwa umuhanda mushya wa kaburimbo Base-Kamubuga-Buranga umaze kuzura.


Uwimana Emmanuel 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto)