AGEZWEHO

  • Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo – Soma inkuru...

Abazasimbura Macron bakwiye kubakira ku mubano yagejeje ku Bufaransa n’u Rwanda-Impuguke

Yanditswe May, 28 2021 14:06 PM | 62,024 Views



Abasesengura ibya politike y'u Rwanda n'Ubufaransa muri iki gihe, bemeza ko kugirango uyu mubano mwiza urimo kubakwa hagati y'ibi bihugu byombi urambe, bisaba ko iyi politike yakomeza gushyigikirwa n'inzego zose.

Bavuga ko iyi politike ikwiye kubakwa ku buryo n'abandi bazakomereza kubakira kuri uyu mubano na nyuma ya Perezida Emmanuel Macron.

Benshi mu basesenguzi haba mu butabera, ubukungu ndetse n'imibanire y'ibihugu, bose bemeza ko ibyo politike yishe bishobora gukosorwa na politike ubwayo.

Impuguke mu birebana no gukemura amakimbirane akaba n'umuyobozi w'agateganyo w'ikigo gishinzwe kuyakemura Dr.Aggee Shyaka, avuga ko Perezida Macron arimo gutera intambwe yisumbuye cyane kuyo mugenzi we Nicolas Sarkozy yari yarateye, nubwo hagati yabo bombi haciyemo Perezida Hollande utarabyitwayeho neza.

Yagize ati “Sarkozy ubwo yazaga mu Rwanda yavuze ko Ubufarasna bwibeshye ntibasobanukirwa ibyarimo kuba mu Rwanda, byumvikanisha ko yateye intambwe yicisha bugufi, uyu munsi noneho baravuga ko Ubufaransa bwemera uruhara rwagize mu mateka mabi yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni intambwe ikomeye Macron yateye.”

Umunyamategeko Alloys Mutabingwa, wahagarariye u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwari rwashyiriweho u Rwanda rw'i Arusha, na we asanga uyu mubano ubwawo ari intambwe mu nzira y'ubutabera.

Mutabingwa avuga ko hadakwiye kuzagira uza ngo asubize inyuma ibikorwa byari byaratangiwe na Macron.

Abasesengura ibirebana n'ubukungu nabo bemeza ko iyi ntambwe itewe mu mibanire y'Ubufaransa n'u Rwanda, ari intambwe itegerejweho byinshi mu bukungu.

Kugeza ubu u Rwanda rwoherezaga imboga, imbuto, ikawa n'ibindi bikomoka ku buhinzi bitandukanye, ndetse Ubufaransa bukohereza mu Rwanda imiti inyuranye, ibikoresho by'inganda, ibikoresho by'ikoranabuhanga n'ibindi byinshi.

Mu bindi harimo ubufatanye mu burezi, ubuzima gusa byose byatangiye kugenda biguruntege kugeza ubwo ikigero cy'ubuhahirane cyagabanutse mu buryo bugaragara.

Ibi akaba aribyo benshi bitezeho kubona ubuhahirane hagati y'u Rwanda n'Ubufaransa buzamuka ku kigero gishimishije.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sénégal yatangiye uruzinduko rw&r

Abadepite bemeje ishingiro ry'umushinga w'itegeko ryemerera abanyamaha

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Nta