AGEZWEHO

  • Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agahinda – Soma inkuru...
  • Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe – Soma inkuru...

Urubyiruko rwijeje gutanga umusanzu mu kubaka u Rwanda rutajegajega

Yanditswe Jan, 24 2024 14:37 PM | 37,918 Views



Urubyiruko rwitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano rwagaragaje ko rwiteguye kubaka u Rwanda rutajegajega, rushingiye ku kuba rwaraharuriwe inzira n’ubuyobozi bwiza bwubatse igihugu kizira ivangura n’amacakubiri.

Rwabikomojeho mu kiganiro kigaruka ku ruhare rw’urubyiruko mu kugena ahazaza h’igihugu, batanze mu gusoza iyi nama y’iminsi ibiri yabaga ku nshuro ya 19.

Umushyikirano wabaye ku wa 23-24 Mutarama 2024 wagarutse ku ngingo zitandukanye zirebana n’iterambere ry’igihugu muri rusange.

Urubyiruko rwatanze ibitekerezo rwagaragaje ko nubwo rwakuriye mu buzima bugoye ariko rwashoboye kwishakamo ibisubizo no kwiteza imbere.

Ikiganiro rwahuriyemo cyatanzwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Abdallah Utumatwishima; Umujyanama mu bya Tekiniki muri Minisiteri y’Ubutabera, Dr. Doris Uwicyeza Picard; Rwiyemezamirimo akaba n’umwe mu bashinze Ikigo Vuba Vuba, Albert Munyabugingo; Umuyobozi akaba n’Uwashinze Ikigo Muhisimbi – Voice of the Youth in Conservation, Emmanuel Harerimana n’Umuyobozi w’Ikigo Bridge to Rwanda, Chaste Niwe.

Emmanuel Harerimana ukora akazi ko gutembereza ba mukerarugendo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yavuze gukurira mu gihugu giha amahirwe Abanyarwanda bose ndetse n’urubyiruko by’umwihariko ari byo byatumye ashinga umuryango ufasha abana b’abakobwa babayeho mu buzima bugoye nyuma yo guterwa inda bakiri bato.

Mu buhamya bwe avuga ko yatekereje gushinga uwo muryango nk’inyiturano ku gihugu cyamuhaye amahirwe.

Ati “Aho nakuye ubushake ni amahirwe nahawe n’igihugu cyanjye. Muri gahunda y’uburezi budaheza, kwiga byari inzozi. Nagize amahirwe yo kwiga, niga ayisumbuye ndetse na kaminuza.”

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, avuga ko hari indangagaciro urubyiruko ruvoma mu buyobozi zizarufasha mu mikorere myiza y’ahazaza.

Ati “Urubyiruko mugatumirwa mu nama mutari kuzatumirwamo, ubu ni ubuyobozi bwacu. Iki ni ikimenyetso cy’ubuyobozi. Ibyabaye muri iyi myaka 30 ishize, ni ikimenyetso cy’uko mu Rwanda byose bishoboka igihe ugifite umwuka w’abazima.”

Hashize imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe ndetse u Rwanda rubohowe, urubyiruko rweretswe ko ari rwo rufite mu biganza ahazaza h’igihugu.

Minisitiri Dr Utumatwishima yavuze ko icyifuzo cy’urubyiruko ari ukuba urungano ruzahagarika uruhererekane rw’ubukene mu Rwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Gen Mahamat Idriss Déby yatorewe kuyobora Tchad

FERWAFA igiye guhemba abakinnyi n’abatoza bitwaye neza muri Werurwe na Mat

Haracyari ibibazo bishingiye ku mateka ariko byose birushwa imbaraga n’iby

Gen Mubarakh Muganga yasabye abasirikare basoje amasomo ku binyabiziga kwirinda

Rusizi: Abasenateri basuzumye ibikorwa mu guteza imbere imikorere ishingiye ku m

Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza g

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera ku

MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka