Yanditswe Jul, 14 2020 08:48 AM | 26,896 Views
Sena y'u Rwanda yemeje burundu umushinga w'itegeko ryemerera u Rwanda n'Ubwami bwa Maroc
guhererekanya abakurikiranyweho ibyaha.
Iki gihugu kiyongereye ku bindi 38 u Rwanda rumaze kugirana amasezerano nkaya byo ku mugabane wa Afurika, u Burayi n’ahandi ku isi ku buryo. Ibi byatumye abagera kuri 21 boherezwa bakaburanishirizwa mu Rwanda.
Kuri uyu wa Mbere, Sena yemeje umushinga w'itegeko ryemerera u Rwanda n'ubwami bwa Maroc guhererekanya abacyekwaho ibyaha hagati y'ibihugu byombi.
Aya masezerano yemejwe, u Rwanda n’Ubwami bwa Maroc bwayasinye tariki ya 19 Werurwe 2019 i Rabbat.
Umunyamategeko Alloys Mutabingwa avuga ko aya masezerano afite akamaro gakomeye mu vbufatanye bw’ibihugu mu bijyanye n’ubutabera.
Ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi maategeko, Nyirahabimana Soline, yagezaga kuri Sena ishingiro ry’umushinga w'iri tegeko, abasenateri bawushimye bagaragaza ko ubwo bufatanye na Maroc ari ingenzi.
U Rwanda rumaze kohereza inzandiko 1,144 zisaba ibyo bihugu guta muri yombi abo bacyekwaho ibyaha bakoreye mu Rwanda byiganjemo n'ibyaha bya Jenoside.
Muri izo nzandiko, izigera kuri 961 zoherejwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, 143 zoherezwa mu bihugu byo ku mugabane w'u Burayi, na ho izindi 40 zoherejwe mu bindi bihugu.
Gusa, abagera kuri 21 ni bo bamaze gutabwa muri yombi bakaba baroherejwe mu Rwanda.
Mubamaze kugarurwa mu gihugu harimo 5 boherejwe n'ibihugu byo kuri uyu mugabane wa Afurika, 7 boherejwe n'ibihugu by'i Burayi, 4 boherezwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 3 boherejwe mu Rwanda n'urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda ICTR na ho abandi 2 boherejwe n'igihugu cya Canada.
Bosco KWIZERA
Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere
Apr 24, 2024
Soma inkuru
NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali
...
Apr 15, 2024
Soma inkuru
Icyo abasesenguzi bavuga ku kuba Kigali ikomeje kuba igicumbi cy’imari ku Isi
Mar 29, 2024
Soma inkuru
Abikorera biteguye kubyaza umusaruro ubutaka Congo Brazzaville yahaye u Rwanda
Mar 29, 2024
Soma inkuru
Umuguzi utanze amakuru ku mucuruzi wanze gutanga fagitire ya EBM azajya ahabwa 50% ya TVA
Mar 27, 2024
Soma inkuru