AGEZWEHO

  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...
  • Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...

Sena yemeje amasezerano yemerera u Rwanda na Maroc kohererezanya abakurikiranweho ibyaha

Yanditswe Jul, 14 2020 08:48 AM | 26,896 Views



Sena y'u Rwanda yemeje burundu umushinga w'itegeko  ryemerera u Rwanda n'Ubwami bwa Maroc guhererekanya abakurikiranyweho ibyaha.

Iki gihugu kiyongereye ku bindi 38 u Rwanda rumaze kugirana  amasezerano nkaya byo ku mugabane wa Afurika, u Burayi n’ahandi ku isi ku buryo. Ibi  byatumye abagera kuri 21 boherezwa bakaburanishirizwa mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere, Sena yemeje umushinga w'itegeko ryemerera u Rwanda n'ubwami bwa Maroc guhererekanya abacyekwaho ibyaha hagati y'ibihugu byombi.

Aya masezerano yemejwe, u Rwanda n’Ubwami bwa Maroc bwayasinye tariki ya 19 Werurwe 2019 i Rabbat.

Umunyamategeko Alloys Mutabingwa avuga ko aya masezerano afite akamaro gakomeye mu vbufatanye bw’ibihugu mu bijyanye n’ubutabera.

Ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera  ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi maategeko, Nyirahabimana Soline, yagezaga kuri Sena ishingiro ry’umushinga w'iri tegeko, abasenateri bawushimye bagaragaza ko ubwo bufatanye na Maroc ari ingenzi.

U Rwanda rumaze kohereza  inzandiko 1,144 zisaba ibyo bihugu guta muri yombi abo bacyekwaho ibyaha bakoreye mu Rwanda byiganjemo n'ibyaha bya Jenoside.

Muri izo nzandiko, izigera kuri 961 zoherejwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, 143 zoherezwa mu bihugu byo ku  mugabane w'u Burayi, na ho izindi 40 zoherejwe mu bindi bihugu.

Gusa, abagera kuri 21 ni bo bamaze gutabwa muri yombi bakaba baroherejwe mu Rwanda.

Mubamaze kugarurwa mu gihugu harimo 5 boherejwe n'ibihugu byo kuri uyu mugabane wa Afurika, 7 boherejwe n'ibihugu by'i Burayi, 4 boherezwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 3 boherejwe mu Rwanda n'urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda ICTR na ho abandi 2 boherejwe n'igihugu cya Canada.


Bosco KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko

Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere

NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kur

Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobo

Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye U

Icyo abasesenguzi bavuga ku kuba Kigali ikomeje kuba igicumbi cy’imari ku

Abikorera biteguye kubyaza umusaruro ubutaka Congo Brazzaville yahaye u Rwanda

Umuguzi utanze amakuru ku mucuruzi wanze gutanga fagitire ya EBM azajya ahabwa 5