AGEZWEHO

  • Jimmy Gatete yahishuye abahanzi yiyumvamo n’umuziki umunyura – Soma inkuru...
  • MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse – Soma inkuru...

Mu karere ka Nyarugenge hatashywe Umudugudu watujwemo imiryango y’abarokotse Jenoside

Yanditswe Jul, 05 2021 16:10 PM | 48,830 Views



Kuri uyu wa Mbere mu karere ka Nyarugenge hatashywe inzu zubakiwe imiryango 8 y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, zikaba ziherereye mu Mudugudu w'Icyitegererezo wa Rugendabari muri Mageragere

Iyi miryango 8 isanzemo indi 80 yahageze mbere, ubuyobozi bw’aka karere bukavuga ko gutuza neza abatishoboye, ari ukubafasha kwibohora bya nyabyo bakiteza imbere.

Ambiance...

Ni umudugudu watashwe kuri uyu wa mbere ugizwe n'inzu umunani muri imwe cyangwa (Eight in One). Watujwemo imiryango umunani yiyongeye ku yindi 80 yari ihasanzwe. Abatujwe bemeza ko Leta ibakuye mu mibereho yari ibagoye.

Mukaremera Delphine wawutujwemo yagize ati “Ndashimira Imana, nkashimira Perezida Kagame kuko nyuma y'imyaka 27 uyu munsi aranzirikanye, ampaye inzu yo kubamo,  ampaye amasaziro kandi ndashimira ingabo za FPR zaturokoye kuko ubu simba nkiriho.”

Akarere ka Nyarugenge kagaragaza ko kuri ubu abagatuye 4.6% ari bo bakiri munsi y’umurongo w’ubukene.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’ako, Ngabonziza Emmy yemeza ko gushakira amacumbi abaturage batishoboye, ari inzira ibafasha kwibohora ubukene. 

''Kwibohora nyakuri ni ukugerageza gukora ibishoboka byose ngo ufate ibyari ikibazo ubibyazemo ibizima, cyangwa ibyiza kandi mu rugendo rwo kwibohora nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi no gusoza urugamba rwo kwibohora icyari gikurikiyeho ni urugamba rwo kubaka igihugu, uyu munsi turimo guhangana n'ikibazo cy'ubukene.”

Umudugudu wa Rugendabare wuzuye muri uyu Murenge wa Mageragere, watwaye Miliyoni zigera kuri 601 z'amafaranga y'u Rwanda.


Bienvenu Redemptus




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo