AGEZWEHO

  • Jimmy Gatete yahishuye abahanzi yiyumvamo n’umuziki umunyura – Soma inkuru...
  • MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse – Soma inkuru...

Madame Roman Tesfaye yasuye ibikorwa by'iterambere by'abagore i Kayonza

Yanditswe Apr, 27 2017 21:12 PM | 4,057 Views



Madame wa Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia, Roman Tesfaye yashimye uruhare Leta y'u Rwanda ikomeje kugira mu guteza imbere umugore kandi ko hari byinshi amahanga akwiye kwigira ku Rwanda mu bijyanye n'uburinganire.

MadameTesfaye aherekejwe na minisitiri w'uburinganire n'iterambere ry'umuryango madame Nyirasafari Esperance basuye abagore bishyize hamwe bo mu karere ka Kayonza.

Aba bagore bakorera imyuga yabo mu kigo cyitwa Woman Opportunity Center bagaragaje umunezero batewe n'abashyitsi badasiba kubasura, aho bashima uruhare rw'ubuyobozi budahwema kubahuza n'amahanga hagamijwe iterambere.

Madame Tesfaye yashimye leta y'u Rwanda ikomeje guteza imbere uburinganire bw'umugore n'umugabo, yongeraho ko iyo abagabo n'abagore bashyize hamwe iterambere rigerwaho byoroshye.

Muri iki kigo kandi yahahuriye n'itsinda ry'abagabo 30 baharanira  guteza imbere gahunda ya HeForShe. Yavuze ko bimushimishije ndetse ko nasubira muri Ethiopia azabishishikariza n'abagabo baho.

Ikigo woman Opportunity Center giterwa inkunga na Imbuto foundation kigamije guteza imbere abagore, aho kibafasha gukora imirimo y'ubukorikori nko kuboha ibiseke, ibikapu n'ibindi byinshi, abagikoreramo bavuga ko hari byinshi bamaze kwigezaho.

Iki kigo giherereye mu Murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza cyashinzwe mu mwaka wa 2013 kibaba kimaze gufasha abagore batari bacye kwiteza imbere. Batojwe n'umuryango women for women, watangiye gukorera mu Rwanda mu 1997.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahun

Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo

RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano

Nta bwoba bwo gukora ibintu bizima- Perezida Kagame abwira urubyiruko

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwizihije imyaka 10 y’ibikorwa byarwo