Yanditswe May, 27 2021 18:24 PM | 45,798 Views
Mu ruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’u Bufaransa
Emmanuel Macron ku gicamunsi cyo kuri
uyu wa Kane yasuye Ishuli Rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC Tumba
riherereye mu Karere ka Rulindo, asaba abahiga gukoresha amahirwe bafite
bakagena ejo heza hazaza.
Kuri iki kigo giherereye ku birometero 30 uvuye mu Mujyi wa Kigali, Perezida Macron yasobanuriwe ibijyanye n’ubufatanye buri hagati y’iri shuri n’Ikigo cy'Abafaransa gishinzwe Iterambere (Agence française de développement,AFD).
Ubu bufatanye bugamije guteza imbere imyigishirize muri icyo kigo.
Umushinga ufite agaciro ka miliyoni 7 n’igice z’amayero watewe inkunga na AFD uzafasha IPRC Tumba, ndetse n’ibigo byigisha imyuga biherereye mu Karere ka Rulindo kunoza ibijyanye n’ikoranabuhanga.
Harimo kandi kwimenyereza ibijyanye naryo, amahugurwa, ibizavamo bikazagirira akamaro abo banyeshuri ndetse n’abaturage bo mu gace iri shuri riherereyemo.
Binyuze muri ubu bufatanye kandi ikigo IPRC Tumba gisanganywe abanyeshuri 643 biga ibijyanye n’ingufu zisubira, ikoranabuhanga, electronic n’itumanaho, mu mwaka utaha iki kigo cyizatangiza by’umwihariko ishami rya Mechatronics Technology, ishami rizatangirana abanyeshuri 50.
Ni ishami rizajya ryigisha ibirebana nuko ikoranabuhanga n’ubugenge byafasha kugera kw’iterambere rirambye, hateganijwe kandi ibijyanye no kwiga indimi.
Muri IPRC Tumba kandi Perezida Emmanuel Macron yaganiriye n’urubyiruko rwiga muri icyo kigo, rwamubwiye ibijyanye n’umwete bashyira mu kwiga ikoranabuhanga ndetse no kuzihangira imirimo mu gihe kiri imbere.
Urwo rubyiruko rwamubajije ibibazo binyuranye birimo ibijyanye no kwihangira imirimo, imikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga muri iki gihe ndetse n’ibijyanye n’ubuzima bw’urubyiruko muri rusange.
Macron yabwiye uru rubyiruko ko kuba bakiri bato ari amahirwe akomeye bafite, yo yatuma bahitamo ejo hazaza heza bifuza.
Yabasabye gukora amahitamo meza, bagamije icyabateza imbere, iterambere ry’imiryango yabo, igihugu n’isi muri rusange.
Carine Umutoni
Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agah ...
2 hours
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe
2 hours
Soma inkuru
MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse
4 hours
Soma inkuru
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
4 hours
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
5 hours
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru