AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

Mu Rwanda hatangiye ku mugaragaro imyiteguro ya shampiyona y'Isi mu magare

Yanditswe Sep, 21 2023 12:59 PM | 50,991 Views



Nyuma yuko u Rwanda rwemerewe kuzakira Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare izaba mu 2025, irushanwa rizaba ribereye bwa mbere ku mugabane wa Afurika, kuri uyu wa Kane Ministeri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) bagiranye n’inzego zinyuranye ku bijyanye n’imyiteguro y’icyo gikorwa.

Ni igikorwa cyateguwe hagamijwe gushaka abafatanyabikorwa muri iyo gahunda mu gihe hasigaye imyaka 2 kugira ngo iryo rushanwa ribe.

Kuri uyu wa Kane kandi Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, Umuyobozi (DG) w'Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi Amina Lanaya na Kayirebwa Liliane perezida w'Agateganyo rw'ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda nibwo bafunguye ku mugaragaro ibikorwa byo kwitegura iyi Shampiyona izabera mu Mujyi wa Kigali mu mwaka wa 2025.

Ni igikorwa cyabereye muri Kigali Convention Center.

Muri Nzeri 2019 ni bwo abari bahagarariye u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare bagejeje ubusabe bwabo mu Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), basaba ko Umujyi wa Kigali wazakira Shampiyona y’Isi ya 2025, ubusabe bwaje kwemerwa mu mwaka wa 2021.

U Rwanda rwahawe kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare nyuma y’uko mu mwaka wa 2018 rwakiriye iya Afurika ndetse igenda ikagenda neza.

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju. Photo: MINISPORTS

Umuyobozi (DG) w'Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi Amina Lanaya. Photo: MINISPORTS

Uhereye ibumoso: Kayirebwa Liliane Perezida w'Agateganyo rw'ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda, Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju n' Umuyobozi (DG) w'Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi Amina Lanaya ubwo bafunguraga ku mugaragaro ibikorwa byo kwitegura Shampiyona y'Isi mu magare izabera mu Mujyi wa Kigali mu mwaka wa 2025.



Carine Umutoni



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF