AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Yanditswe Nov, 05 2023 18:34 PM | 24,920 Views



Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda (FERWACY) yatoreye Ndayishimiye Samson kuyobora iri shyirahamwe akaba yagize amajwi 8/11 y'abatoye.

Uyu Ndayishimiye yahagarariye u Rwanda mu mikino olimpike yo mu mwaka wa 2000, akaba azayobora FERWACY mu myaka ibiri iri imbere yuzuza manda yari yatangiwe na Murenzi Abdallah weguye kuri uyu mwanya.

Abandi batowe ni Bigango Valentin watorewe kuba Visi Perezida wa mbere n'amajwi 8/11.

Umunyamabanga mukuru hatowe Ruyonza Arlette wagize amajwi 9/15 naho Katabarwa Daniel atorerwa ku mwanya w’umubitsi n’amajwi 8/11.

Perezida wa Ferwacy Ndayishimiye Samson yijeje ko azashyigikira imikoranire myiza kugira ngo we na komite bateze imbere uyu mukino.

"Ni ikintu nakiriye n'umunezero mwinshi. Nk'uko mubizi nsanzwe mba muri siporo zitandukanye, kugirirwa icyizere cy'iyi federasiyo n'abayobozi b'amakipe kunsaba ko nabegera tugakorana nkabafasha kuyobora iyi federasiyo yacu ni umugisha, ni ibintu binshimishije cyane."

Ndayishimiye Samson yavuze ko azashyira imbaraga muri Tour du Rwanda ya 2024 ikagenda neza kurushaho. Ni isiganwa rizaba kuva tariki 18 rigeze tariki 25 Gashyantare 2024.

Avuga ko azagera ku ntego ze yubakiye ku byiza byagezweho n'abamubanjirije.


Kayishema Thierry




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF