AGEZWEHO

  • Twahisemo kuba umwe no gushyira inyungu za buri mu Nyarwanda imbere - Perezida Kagame – Soma inkuru...
  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe Apr, 19 2024 17:49 PM | 102,572 Views



N'ubwo Siporo ari kimwe mu bice byashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, bamwe mu bari abakinnyi bagaragaza ko iri mu byabafashije kurokoka no gukira ibikomere.

Hakizimana Vita yatangiye gukina umupira w'amaguru kuva mu mwaka wa 1981, gusa nubwo yakundaga umupira w'amaguru yemeza ko ivangura rishingiye ku bwoko ryakorerwaga Abatutsi, ryamugizeho ingaruka. 

Avuga ko biri no mu byatumye ajyanwa ku gahato gukinira ikipe ya Panthères Noires yari iy’abasirikari icyo gihe.

Ibihe bigoye Vita abihuriyeho na Eugene Murangwa wari uzwi ku kabyiniriro ka TOTO, akaba yarakiniraga Rayon sports. 

Yari umuhanga ariko ngo ntibyamubujije gutotezwa kubera ubwoko.

N'ubwo Siporo bayigiriyemo ibihe bibi ariko yabafashije kubaka izina no kugira ibigwi bagize mu gihe cyabo. 

Yanabafashije kandi kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi bigizwemo uruhare n'abafana ndetse n'abo bakinanaga.

Nyuma yo kurokoka aba bombi bavuga ko hari byinshi bishimira muri Siporo y'uyu munsi.

Abenshi mu bumva amateka y'abahoze muri Siporo bagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi, bifuza ko inzego zibifite mu nshingano zikwiye gushaka uburyo burambye bwo kubika aya mateka kuko ari bimwe mu bizafasha abakiri bato mu myaka iri imbere.

Uwitonze Providence Chadia



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2