Yanditswe Apr, 23 2018 20:01 PM | 22,111 Views
Muri
gahunda y'ibikorwa by'ingabo mu iterambere ry'abaturage mu ntara y'amajyepfo,
kuri uyu wa mbere yatangirijwe mu karere ka Kamonyi mu gishanga cya Kavunja,
ahatunganijwe igishanga hanaterwa ibitunguru.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Mugina mu kagari ka Mbati mu karere ka Kamonyi ahakorewe ibikorwa by'ingabo mu iterambere ry'abaturage, bashima ingabo z'u Rwanda kuba zishishikajwe no kubafasha kunoza ubuhinzi.
Bimwe mu bindi bibazo abaturage bagaragaza birimo kwibasirwa n'ibiza, kutagira ubwanikiro buhagije bw'umusaruro bigatuma wangirika, kutabona isoko ryawo no kutagira imihanda ishobora kubafasha kugeza umusarurro wabo ku masoko.
Minisitiri w'ubuhinzi n' ubworozi Dr Mukeshimana Gerardine, yijeje ko hazakomeza ubufatanye bw' inzego zose mu gukemura ibyo bibazo. Ati, ''Hari ibintu bimwe na bimwe bituma abantu batabona umusaruro kuko baba batakoze ibisabwa, ngirango mwabyumise birimo kurwanya isuri, gufata neza ibikorwa byo mu gishanga, gukora ubuhinzi nk'uko biba byigishijwe; ni ngombwa y'uko abantu bagumya gushyiramo imbaraga, abaturage bakagumya kubyigishwa bakarushaho guteza imbere ubuhinzi bwabo. Buriya iyo abantu bahinze bakabona umusaruro abantu barafatanya amasoko akaboneka, ibibazo by'imihanda ni gahunda ihari murabizi ko hari gahunda ndende imihanda y'imihahirano ikagenda igera mu giturage , gahunda zo kuhira, hari program menshi afasha abaturage kuhira imyaka....''
Ubuyobozi bw'ingabo z’u Rwanda bwijeje abaturage kuzakomeza gufatanya mu gukemura n' ibindi bibazo bahura nabyo bikidindiza iterambere ryabo.
Igishanga cya Kavunja kiri ku buso bwa hegitari 76 gifashe ku mirenge 2 uwa Mugina n' uwa Nyamiyaga, gikunze guhingwamo ibihingwa byiganjemo ibigori, ndetse n' imboga zirimo ibitunguru.
Rusizi: Abasenateri basuzumye ibikorwa mu guteza imbere imikorere ishingiye ku mihigo
May 09, 2024
Soma inkuru
Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agah ...
May 08, 2024
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe
May 08, 2024
Soma inkuru
MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse
May 08, 2024
Soma inkuru
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
May 08, 2024
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
May 08, 2024
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru