Yanditswe Apr, 10 2024 19:49 PM | 297,226 Views
Impunzi n’abimukira bakiriwe n’u Rwanda, bemeza ko bafashwe neza ibintu abasesenguzi bahuza n’amateka igihugu cyanyuzemo yo gucyura impunzi z’Abanyarwanda bari bamaze imyaka 30 mu buhungiro, kubera amacakubiri yagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inkingi ya 7 ku 9 Umuryango wa FPR-Inkotanyi wagendeyeho utangiza urugamba rwo kubohora igihugu, yari iyo guca burundu impamvu zose zitera ubuhunzi.
Byari nyuma y'imyaka 30 nanone Abanyarwanda bari bamaze mu mahanga ari impunzi ndetse hari n'abandi bari baravanywe mu byabo imbere mu gihugu.
Ubu u Rwanda ni igihugu gicumbikiye impunzi zisaga ibihumbi 130 ziganjemo abo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n'u Burundi bishimira uburyo bakiriwe neza.
Igihe cyose Perezida Juvenal Habyarimana yabazwaga ibyo gucyura impunzi z'Abanyarwanda bari barahunze igihugu guhera mu 1959, yasubizaga ko u Rwanda rumeze nk'ikirahure cyuzuye amazi.
Iyi akaba ari imwe mu mpamvu zikomeye zatumye Umuryango wa FPR-Inkotanyi utangiza urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Muri icyo cyerekezo cyo guca ubuhunzi, u Rwanda kandi rwafashe icyemezo cyo gutabara abagize ibyago byo kuba impunzi n’abimukira nk’uko byagarutsweho n’Umuhuzabikorwa w'itsinda rishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'ubufatanye mu iterambere ry'ubukungu no kwita ku bimukira Dr. Doris Picard Uwicyeza.
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uherutse gutangaza icyegeranyo cya 2 AFRICA MIGRATION REPORT ku mibereho y'impunzi n'amategeko abarengera n’uburyo ashyirwa mu bikorwa.
Iyi raporo igaragaza u Rwanda nk'igihugu gicumbiye impunzi zo mu bihugu by'ibituranyi ariko Umunyamabanga Mukuru w'ishyirahamwe ry'Uturere n'Umujyi wa Kigali, Ladislas Ngendahimana avuga ko mu bindi bihugu byinshi bya Afurika hakiri impamvu zitera ubuhunzi.
Bosco Kwizera
Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rishya rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungeng ...
3 hours
Soma inkuru
Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu
Apr 28, 2024
Soma inkuru
Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize
Apr 27, 2024
Soma inkuru
Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka
Apr 27, 2024
Soma inkuru
Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5
Apr 27, 2024
Soma inkuru
Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023
Apr 26, 2024
Soma inkuru
Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside
Apr 26, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru