Yanditswe Dec, 01 2022 13:13 PM | 227,691 Views
Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye uhagarariye u Rwanda muri Repubulika ya Indonesia, yashyikirije Perezida w'iki gihugu Joko Widodo impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.
Ni umuhango ibi wabereye mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Ukuboza 2022 mu biro by'umukuru w'igihugu biherereye i Jakarta mu murwa mukuru.
Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye usanzwe afite icyicaro muri Singapore, igihugu gituranye na Indonesia, yashyikirije Perezida wa Indonesia ubutumwa burimo n'intashyo bwa Perezida wa Repubulika y' u Rwanda Paul Kagame anamushimira umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.
Yanamubwiye ko u Rwanda rwiteguye gukora ibishoboka mu kurushaho gukomeza umubano w'ibihugu byombi ushingiye ahanini ku bucuruzi.
Perezida wa Indonesia Joko Widodo yashimiye Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye anamugezaho ubutumwa bw'ishimwe ku kuba u Rwanda rwaritabiriye inama y'ibihugu bikize ku isi byibumbiye mu Muryango wa G20 iherutse kubera i Bali muri iki gihugu.
Perezida Widodo kandi na we yavuze ko igihugu cye cyiteguye kurushaho gukomeza umubano n'u Rwanda.
Indonesia yohereza mu Rwanda ibicuruzwa bitandukanye birimo amavuta yo guteka, icyayi n'ikawa.
Ambasaderi Uwihanganye agiye guhagararira u Rwanda muri Indonesia mu gihe nanone abakuru b'ibihugu byombi bari baherutse kugirana ibiganiro byabereye muri Indonesia ubwo Perezida Kagame yitabiraga inama y'Umuryango w'ibihugu bikize ku isi izwi nka G20 yabereye muri Indonesia mu kwezi gushize.
Icyo gihe, ibiganiro byibanze ku hazaza h’ubutwererane bw’ibihugu byombi n’uburyo bwo gushimangira umubano mu bya dipolomasi hagati y’u Rwanda na Indonesia.
Perezida Kagame ubwo yari muri Indonesia yagiranye ibiganiro na Perezida w'iki gihugu Joko Widodo byibanze ku hazaza h’ubutwererane bw’ibihugu byombi n’uburyo bwo gushimangira umubano mu bya dipolomasi.
Jean Paul Niyonshuti
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru