AGEZWEHO

  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rishya rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...
  • Umujyi wa Kigali mu ngamba zo guhashya ruswa – Soma inkuru...

Abaturage baravuga ko imvura nigwa bazahinga bakeza imyaka neza kandi ku gihe

Yanditswe Sep, 07 2017 17:22 PM | 5,241 Views



Ikigo cy' igihugu gishinzwe ubumenyi bw' Ikirere, Meteo Rwanda kivuga ko imvura y'umuhindo iteganijwe izaba ihagije nk'isanzwe igwa mu bihe byiza. Ku ruhande rw'abaturage nabo bavuga ko imvura nigwa ku gihe kandi ikagwa ihagije bizatuma imyaka yabo yera neza

Ibijyanye nuko imvura izagwa bikubiye mu cyegeranyo cy'Iteganyagihe ry' umuhindo ni ukuvuga kuva mu kwezi kwa 9 uyu mwaka kugera mu kwezi kwa 12 uyu mwaka ikigo cy' igihugu gishinzwe iteganyagihe cyashyize ahagararara kuri uyu wa kane. Nkuko John Semafara uyobora ikigo gishinzwe iteganyagihe abivuga ngo ikirere kirerekana ko imvura izagwa ku buryo busanzwe.

Ibi ngo biraterwa ahanini nuko ubushyuhe bwo mu nyanja ngari bumaze igihe buri ku gipimo mpuzandengo cy' ubushyuhe busanzwe ni ukuvuga ubushyuhe butiyongera cg se ngo bugbanuke.

Meteo Rwanda ivuga ko muri rusange mu gihugu hose imvura y' umuhindo iteganijwe gutangira mu cyumweru cya 2 cya Nzeri ,imvura y' umuhindo iteganijwe gutangira gucika guhera mu cyumweru cya 3 cy' ukuboza kugeza mu cyumweru cya 1 cya Mutarama 2018 uhereye i Burasirazuba ugana iburengerazuba




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rishya rigenga imiryango itari iya

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya