Yanditswe Dec, 10 2017 19:04 PM | 6,611 Views
Abasirikare ba Batayo ya 53 ni bo bagiye gusimbura bagenzi babo ba Batayo ya 37 bamaze igihe cy'umwaka mu butumwa bw'amahoro i Darfur muri Sudan. Ku ikubitiro kuri iki cyumweru indege ya Rwandair yatwaye abasirikare 135 berekeje mu birindiro by'ahitwa Zalingei.
Kuri uyu wa Gatandatu mbere y'uko bajya muri ubu butumwa, bari mu Kigo cya Gisirikare i Gako, aho baherewe impanuro n'Umugaba Mukuru w'Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Jacques Musemakweli wabibukije ko boherejwe n'igihugu.
Yagize ati. " Hari inshingano igihugu kiba cyaraguhaye, ukagaruka wazisohoje neza cyane. Biriya ntiwabikora udafite ya discipline. Umusirikare ajya mu kazi mu mutwe ari tayari, yaba ku mubiri, yaba mu mutwe yaba n'ibindi byose byagufasha kujya mu kazi"
Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru mu ma saa kumi ni bwo abasirikari 135 ba Batayo ya 37 basimbuwe mu butumwa na bo basesekaye ku kibuga cy'indege i Kanombe. Bahawe ikaze n'Umuyobozi wa Brigade ya 305, Col. Paul Nyemazi wabakiriye mu izina ry'Ubuyobozi bukuru bw'Ingabo z'U Rwanda. Yabashimiye ibikorwa byiza bakoreye mu butumwa bw'amahoro byahesheje ishema igihugu.
Biteganijwe ko igikorwa cyo gusimburana kuri izi ngabo zijya n'iziva mu butumwa kizageza tariki ya 19 z'uku kwezi aho Rwandair izaba imaze gutwara abasirikare bose hamwe 1624.
Rusizi: Abasenateri basuzumye ibikorwa mu guteza imbere imikorere ishingiye ku mihigo
May 09, 2024
Soma inkuru
Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agah ...
May 08, 2024
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe
May 08, 2024
Soma inkuru
MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse
May 08, 2024
Soma inkuru
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
May 08, 2024
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
May 08, 2024
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru