Yanditswe May, 17 2018 17:12 PM | 26,743 Views
Ministiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente arasaba ababyeyi bombi gufata iya mbere mu
kurandura igwingira ry’abana bato Leta ikaza ibunganira kugira ngo bigerweho. Ibi yabisabye ubwo
yari mu Karere ka Nyabihu mu gutangiza ubukangurambaga bwo kurandura igwingira
ry’abana bato.
Muri gahunda yo gutangiza ubu bukangurambaga, Ministiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yasuye anagaburira abana 140 bari hagati y’imyaka itatu n’itandatu barererwa mu rugo mbonezamikurire rwa Bigogwe.
Ababyeyi bahigishirizwa gutegura indyo yuzuye, gukangura ubwenge bw’abana no kubigisha ibintu bitandukanye. Ministiri w’Intebe kandi yeretswe ibikorwa byo gupima abana ibiro, mbere yo kubaha ikinini cya vitamini A n’icy’inzoka.
Kugira ngo iyi gahunda izagerweho, Ministiri w’Intebe
avuga ko ababyeyi bagomba kuyigiramo uruhare rufatika Leta n’abafatanyabikorwa
bayo bakaza babunganira.
Intara y’iburengerazuba niyo iza ku isonga mu kugira abana benshi bagwingiye bangana na 45 ku ijana, mu gihe akarere ka Nyabihu na ko kaza mu twa mbere n’abana 59 ku ijana.
Mu Rwanda ubusanzwe habarurwa abana 38% bagwingiye biganje mu turere 13 tuzibandwaho muri iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’imyaka 5.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS risaba ibihugu ko kugwingira bitakagombye kugera kuri 20% by’abana.
Yasser Gammal uhagarariye banki y’isi mu Rwanda yizeza Leta y’u Rwanda ko bazafatanya mu bishoboka byose imirire mibi n’igwingira bikaranduka vuba mu bana b’u Rwanda.
Rusizi: Ababyeyi b'Intwaza bashimye Igihugu cyabahurije hamwe ntibakomeza guheranwa n'agah ...
3 hours
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku mahitamo Abanyarwanda bafashe yo kongera kunga ubumwe
3 hours
Soma inkuru
MINECOFIN yatangaje ko harimo gusuzumwa uburyo bwo guhindura politiki yo kubaka inzu ziciriritse
5 hours
Soma inkuru
Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
5 hours
Soma inkuru
Abatangabuhamya bagaragaje ko byabasabye kwishyura Nkunduwimye kugira ngo abahungishe muri Jenoside
May 08, 2024
Soma inkuru
Nyarugenge: Abaturage batabaje ubuyobozi bijejejwe ubufasha
May 07, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa imyaka yabo
May 07, 2024
Soma inkuru
RCS igiye gufungura abantu bagera ku 2000 barangije ibihano
May 07, 2024
Soma inkuru