AGEZWEHO

  • Mu 2023 u Rwanda rwasuwe na ba mukerarugendo barenga Miliyoni imwe – Soma inkuru...
  • Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize – Soma inkuru...

Abanyeshuri ba Stanford GSB bamazwe amatsiko na Perezida Kagame

Yanditswe Dec, 21 2015 11:59 AM | 3,083 Views



Perezida Kagame kuri iki cyumweru yagiranye ibiganiro muri Village Urugwiro n'abanyeshuri biga mu cyiciro cya 3 muri Kaminuza ya Stanford Graduate School of Business yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Bakaba bamazwe amatsiko n'umukuru w'igihugu ku bibazo byinshi bibazaga ku iterambere ry'u Rwanda. Kaminuza ya Stanford Graduate School of Business ni imwe muri kaminuza zikomeye ku isi zigisha ibijyanye n'ubushabitsi cyangwa se Business. Abanyeshuri bo mu cyiciro cya gatatu muri iri shami barimo gusura umugabane wa Afurika aho bari mu Rwanda kuva tariki ya 17 kugeza ku ya 21 z'uku kwezi kwa 12. Perezida Kagame yasangije uru rubyiruko urugendo rw'iterambere ry'u Rwanda ariko nabo bamubaza ibibazo byinshi ku kwihangira imirimo mu rubyiruko, ibijyanye n'imiyoborere n'amatora ya Referandumu n'ibindi. Uwaje akuriye iri tsinda Chris Gomes avuga ko bari bafite amatsiko menshi ku Rwanda ariko Umukuru w'igihugu yayabamaze:{ “Turi hano mu Rwanda kugirango twige uburyo kwihangira imirimo byaba inkingi ku iterambere ry'igihugu ndetse n'uruhare rw'urubyiruko mu bukungu bw'igihugu kubw'ibyo nyakubahwa perezida yadufashije cyane mu gusubiza kuri izo ngingo nko ku byerekeye imiyoborere, referandumu ndetse n'ejo hazaza h'u Rwanda.”} Iri tsinda ry'abanyeshuri 25 ryaje muri village Urugwiro riherekejwe na Minisitiri w'uburezi Dr. Papias Musafiri wavuze ko banagarutse ku buryo Politiki yateza imbere imibereho myiza y'abaturage. Aba banyeshuri kuri uyu wa mbere nibwo bava mu Rwanda berekeza muri Uganda. Ibi akaba ari mu rwego rwo kubigisha politiki mpuzamahanga. Stanford Graduate School of Business ni rimwe mu mashuri arindwi agize Stanford University ryatangijwe mu mwaka w'1925.


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage