AGEZWEHO

  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...
  • Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...

WASAC iravuga ko bitarenze muri Kanama izaba yishyuye ingurane z’abafite ibikorwa byangijwe muri Kigali

Yanditswe Jun, 06 2022 14:05 PM | 113,846 Views



Abaturage basaga 1000 mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zayo bafite ibikorwa byangijwe n’ahari gushyirwa ibikorwaremezo by’amazi, bavuga ko babariwe imitungo yangijwe ariko bategereje kwishyurwa baraheba.

Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura cyo kirabizeza ko bazishyurwa bitarenze muri Kanama uyu mwaka.

Ibikorwa by’abaturage byangijwe no kwagura imiyoboro y’amazi n’ibindi bikorwaremezo nk’ibigega harimo imyaka, ibiti ndetse n’ubutaka bwabo.

Bavuga ko babariwe imitungo ariko kwishyurwa birananirana kandi barabizezaga ko bizakorwa vuba.

Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura, WASAC kigaragaza ko mu baturage babaruwe ko bangirijwe imitungo bagomba guhabwa ingurane ari 9353 bababariwe amafaranga miliyari 6.398,919,603.

Kivuga ko muri bo abagera kuri 8,217 bishyuwe amafaranga miliyari 6 980,443,609 Frw, abatarishyurwa  ni 1,030 babariwe amafaranga y’u Rwanda miliyoni 247,636,287.

Mu murenge wa Kanombe mu tugari twa Busanza na Karama harabarurwa abaturage 111 bafitiwe amafaranga miliyoni 31 ,743,357 hishyuwe 2 gusa bahabwa miliyoni 1  na 999,055frwa, abasigaye 109 bazishyurwa miliyoni 29,744,329, hiyongeraho n’abo mu Murenge wa Gisozi 150 nabo batarishyurwa.

Umuyobozi ushinzwe gukurikirana ingurane z’ahashyizwe ibikorwaremezo by’amazi mu kigo WASAC,  Kajiwabo Joseph Poers  avuga ko abaturage batarishyurwa amafranga bazayahabwa bitarenze ukwezi kwa 8, kandi imishinga yo irakomeje n’abatarabarirwa hari itsinda riri kubikurikirana.

Kwagura imiyoboro y’amazi no kubaka ibigega ni gahunda ya Leta yo kugeza amazi meza ku baturage aho mu mwaka wa 2024 buri muturage azaba agerwaho n’amazi meza ku gipimo 100%

Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza