AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Uwari Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa kigali yarahiriye kuba komiseri muri CNDH

Yanditswe May, 02 2019 21:19 PM | 10,934 Views



Perezida w’urukiko rw’ikirenga Professor Sam Rugege yakiriye indahiro ya Muhongerwa Patricia wagizwe komiseri muri komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu, amusaba kuzarangwa n’imyitwarire mizima no gutanga umusaruro wifuzwa.

<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/5KSQhO6dzhI" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture" allowfullscreen></iframe>

Mu kwakira indahiro ya Muhongerwa Patricia, Perezida w’urukiko rw’ikirenga Professor Sam Rugege, yashimye ibimaze gukorwa na komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi ndetse asaba komiseri Muhongerwa kuzuza neza inshingano ze.

Komiseri Muhongerwa Patricia nawe yagaragaje ko yiteguye gufatanya n’abandi asanze muri iyi komisiyo.


Mu bubasha komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu ifite harimo kuregera inkiko igihe habayeho ihungabana ry’uburenganzira bwa muntu buteganywa n’itegeko nshinga n’amasezerano mpuzamahanga igihugu cy’u rwanda cyasinyeho ndetse kinemeza burundu. 

Hari kandi kuba yakwinjira mu iburanisha ry’imanza zirebana n’uburenganzira bwa muntu ikagaragaza uko ibirebana n’uburenganzira bwa muntu biburanwa yifashishije amategeko.

Muhongerwa Patricia warahiriye kuba komiseri muri komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu; yari asanzwe ari umuyobozi w’Umujyi wa kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Inkuru ya Butare Léonard



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage