Yanditswe Dec, 08 2022 20:24 PM | 107,229 Views
Ababyeyi b'Intwaza batuye mu rugo rw'Impinganzima ya Huye, baravuga ko kuba basurwa n'abantu banyuranye, bituma badaheranwa n'amateka banyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Byari ibyishimo ubwo abagize Umuryango Unity Club Intwararumuri, kuri uyu wa kane bifatanyaga nabo gusangira Noheli n'umwaka mushya.
Abakecuru n'abasaza b'Intwaza, batuye mu rugo Impinganzima ya Huye, barasabana mu mbyino n'abashyitsi babasuye baturutse mu muryango Unity Club Intwararumuri. Baje gusangira nabo, Noheli n'umwaka mushya muhire, babazaniye impano z’ibikoresho byo kubafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi birimo imyambaro n'ibiryamirwa.
Muhundwangeyo Esperance, umukukecuru utuye mu rugo Impinganzima ya Huye, nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yamusize iheruheru, gusurwa n’abantu b’ingeri zinyuranye ngo byongera kumuha ibyishimo.
Aba babyeyi bagaragaza gushima abantu bose babazirikana, ariko ku isonga bagashimira ubuyobozi bukuru bw'igihugu .
Mu mpera za buri mwaka Unity Club Intwararumuri isura ababyeyi b'Intwaza batuye mu ngo z'Impinganzima. Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene wari uhagarariye Unity Club Intwararumuri yavuze ko izi ngo zerekana ko na nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ubuzima bwakomeje.
Urugo rw'impinganzima rwa Huye rutuyemo ababyeyi 99 barimo abasaza 7 n'abakecuru 92. Nyuma y'akarere ka Huye, ibi bikorwa bizakomereza no mu zindi ngo z'Impinganzima ziri mu turere twa Nyanza, Bugesera na Rusizi.
Umuryango Unity Club Intwararumuri ugamije gutanga umusanzu mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda, washinzwe mu 1996 ukaba ugizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abo bashakanye.
KALISA Evariste
Ubuzima: Muri 2030 abazaba barasuzumwe kanseri y’inkondo y’umura bazaba bageze kuri 70%
Feb 05, 2023
Soma inkuru
Burera: Hatangiye icyiciro cya 8 cy'Itorero ry'Intagamburuzwa
Feb 05, 2023
Soma inkuru
Guverinoma y'u Rwanda yihanganishije imiryango yaburiye ababo mu mpanuka y'ubwanikiro bw ...
Feb 03, 2023
Soma inkuru
Abanyekongo batari impunzi baba mu Rwanda baravuga ko bafite umutekano uhagije
Feb 02, 2023
Soma inkuru
Hon. Oda Gasinzigwa yagizwe Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora - Ibyemezo by'In ...
Jan 31, 2023
Soma inkuru
Umunsi w'Intwari: Intwari zikiriho zirasaba abakuze gutoza abakiri bato umuco w'ubutwari
Jan 29, 2023
Soma inkuru