AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Unity Club yifurije Noheli nziza Intwaza zituye mu rugo rw'Impinganzima ya Huye

Yanditswe Dec, 08 2022 20:24 PM | 107,679 Views



Ababyeyi b'Intwaza batuye mu rugo rw'Impinganzima ya Huye, baravuga ko kuba basurwa n'abantu banyuranye, bituma badaheranwa n'amateka banyuzemo ya  Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byari ibyishimo ubwo abagize Umuryango Unity Club Intwararumuri, kuri uyu wa kane bifatanyaga nabo gusangira Noheli n'umwaka mushya.

Abakecuru n'abasaza b'Intwaza, batuye mu rugo Impinganzima ya Huye, barasabana mu mbyino n'abashyitsi babasuye baturutse mu muryango Unity Club Intwararumuri. Baje gusangira nabo, Noheli n'umwaka mushya muhire, babazaniye impano z’ibikoresho byo kubafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi birimo imyambaro n'ibiryamirwa.

Muhundwangeyo Esperance, umukukecuru utuye mu rugo Impinganzima ya Huye, nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yamusize iheruheru, gusurwa n’abantu b’ingeri zinyuranye ngo byongera kumuha ibyishimo.

Aba babyeyi bagaragaza gushima abantu bose babazirikana, ariko ku isonga bagashimira ubuyobozi bukuru bw'igihugu .

Mu mpera za buri mwaka Unity Club Intwararumuri isura ababyeyi b'Intwaza batuye mu ngo z'Impinganzima. Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene wari uhagarariye Unity Club Intwararumuri yavuze ko izi ngo zerekana ko na nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ubuzima bwakomeje.

Urugo rw'impinganzima rwa Huye rutuyemo ababyeyi 99 barimo abasaza 7 n'abakecuru 92. Nyuma y'akarere ka Huye, ibi bikorwa bizakomereza no mu zindi ngo z'Impinganzima ziri mu turere twa Nyanza, Bugesera na Rusizi.

Umuryango Unity Club Intwararumuri ugamije gutanga umusanzu mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda, washinzwe mu 1996 ukaba ugizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abo bashakanye.

KALISA Evariste



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage