AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Umuvunyi Mukuru yaburiye abayobozi baragiza 'abashumba' imitungo yabo

Yanditswe Jun, 30 2020 09:31 AM | 36,602 Views



Urwego rw’Umuvunyi ruravuga ko ku bakozi babarirwa mu bihumbi 13 bagombaga kumenyekanisha imitungo yabo, ababikoze bagera ku bihumbi 11 gusa, ndetse hakaba hari abakozi 15 uru rwego rukekaho icyaha cyo kwigwizaho imitungo batabasha gusobanura aho bayikuye.

Ibi Umuvunyi Mukuru, Murekezi Anastase,  yabigarutseho ubwo we n’abamwungirije ndetse na bamwe mu bakozi b'uru rwego bagezaga inyandiko zigaragaza imitungo yabo kuri Biro ya Sena.

Umuvunyi Mukuru, Murekezi Anastase, abavunyi bungirije, umunyamabanga uhoraho mu rwego rw'umuvunyi hamwe n'abandi bakozi 59 b'uru rwego bashyikirije Biro ya sena inyandiko zigaragaza imitungo yabo.

Sena ni rwo rwego rufite inshingano zo kugaragarizwa imitungo y’abakozi b’urwego rw’umuvunyi.  Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin avuga ko ibi bitanga urugero no ku bandi bakozi basabwa kumenyekanisha imitungo yabo.

Yagize ati “Ni uburyo bwo kutwereka ko ibyo adusaba ari we wa mbere ubishyira mu bikorwa na we akerekana umutungo we ngira ngo mwabyiboneye n'Abanyarwanda basabwa kwerekana umutungo wabo n'aho bawukuye. Ubu basigaje umunsi umwe n'uburyo bwo kubibutsa ko batakwishyira mu bibazo kandi nta kintu gikomeye cyababuza kwerekana umutungo wabo n'aho bawukuye.”

ingingo ya 37 y'itegeko No. 76/2013 ryo kuwa 11/09/2013 rigena inshingano, ububasha, imiterere n'imikorere by'urwego rw'umuvunyi rigena ko umukozi wa Leta utegetswe kumenyekanisha imitungo ye, amenyesha urwego rw'umuvunyi umutungo afite mu gihugu no hanze yacyo bitarenze taliki ya 30/06 buri mwaka.

Umuvunyi Mukuru Murekezi Anastase, avuga ko kugeza ubu hari bamwe mu bakozi ba Leta uru rwego rwatangiye gukurikirana kubera kutagaragaza aho bakuye imitungo yabo.

Yagize ati "Ufashwe yararagije umutungo ahanwa kimwe na wa wundi wawuragije, kandi ni ibihano bikomeye bikakaye, imyaka mikeya y’igifungo ni 5, uko bigenda bigera ku bayobozi cyangwa se ku bacamanza, birumvikana ko baba bafite urugero rwo gutanga urugero rwiza  ku baturage, uko bakora ibyaha ni ko ibihano byazamuka bikaba byanagera no ku myaka 10, kandi ibyo yungutse mu cyaha cya ruswa, akabinyagwa ndetse gacibwa n’ihazabu yikubye nibura gatatu kugera kuri gatanu inshuro z’agaciro k’imitungo yanyereje."

Yunzemo ati “Hari abo twafashe kandi twashyikirije inzego zigomba kubacira imanza, n’ubu dufite abagera kuri 15 turi gukurikirana batandatu amadosiye yabo yamaze kugezwa mu bushinjacyaha bw'urwego rw'umuvunyi ubu ngubu arimo aroherezwa mu nkiko, agera kuri arindwi arimo aranozwa mu bugenzacyaha bw'urwego rw'umuvunyi. Hari n’andi agera kuri 2 tugikurikirana. Ufashwe yararagije umutungo ahanwa kimwe n'uwawuragiye kandi ni ibihano bikomeye bikakaye imyaka mikeya y'igifungo ni itanu bikazamuka uko bigenda bigera ku bayobozi n'abacamanza kuko baba bagomba gutanga urugero rwiza ku baturage bo birazamuka bikaba byagera no ku myaka 10, kandi ibyo yungutse mu byaha bya ruswa akabinyagwa ndetse akanacibwa ihazabu yikubye kuva kuri 3 kugera kuri gatanu inshuro z'imitungo yanyerejwe.”

Uyu mwaka abayobozi n'abakozi ba Leta barebwa n'itegeko ryo kumenyekanisha imitungo bagera ku bihumbi 13 ariko abagera ku bihumbi 11 ni bo bamaze kumenyekanisha imitungo yabo.

Ingingo ya 37 y'itegeko No 76/2013 ryo kuwa 11/09/2013 rigena inshingano, ububasha, imiterere n'imikorere by'urwego rw'umuvunyi ivuga ko inyandiko ya mbere imenyekanisha imitungo y’abakozi bagitangira imirimo ishyikirizwa urwego rw'umuvunyi mu gihe cy'ukwezi kumwe binjiye mu kazi.


Danton GASIGWA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage