Yanditswe Nov, 15 2021 08:35 AM | 88,796 Views
Abatuye Umujyi wa Kigali n’abawugenda barasaba ko
amarondo y’umwuga yarushaho gukora bagafatanya kubungabunga ibikorwaremezo biri
ku mihanda minini no mu nsinsiro byangizwa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko butazihanganira abafatirwa muri ibi byaha bifatwa nk’ubugizi bwa nabi.
Umunsi ku munsi mu Mujyi wa Kigali hazamurwa imiturirwa y’amazu ndetse hakubakwa n’imihanda ya kaburimbo igezweho.
Uko ibi bikorwaremezo byubakwa ni na ko Leta igenda ishyiramo izindi mbaraga imihanda igacanirwa mu buryo bwa rusange ndetse n’imiyoboro y’amazi igatwikirwaho ibisima.
Abatuye uyu mujyi n’abawugendamo bavuga ko batewe impungenge n’abajura biba insinga z’amashanyarazi,ibyapa byo ku mihanda biyobora ibinyabiziga n’ibiranga ahantu mu nsinsiro ndetse n’amatiyo y’amazi acukurwa mu butaka bikaburirwa irengero.
Aba baturage barasaba ko amarondo y’umwuga yashyirwamo imbaraga bagafatanya ku bungabunga ibi bikorwaremezo.
Bifuza ko kandi abakozi bafite uburenganzira bwo gukora muri ibi bikorwaremezo bajya bambara imyenda y’akazi n’ibyangombwa bibaranga.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko iki kibazo kimaze gufata intera nini ku mihanda imwe n’imwe yo muri uyu mujyi cyane cyane iri kubakwa vuba.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imiturire n’ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard avuga ko batazihanganira umuntu wese wishora muri izi ngeso mbi zo kwiba no kwangiza ibikorwaremezo kuko hari n’ibiri kwibwa no kwangizwa ba rwiyemezamirimo batarabimurikira Umujyi wa Kigali bikagorana kubisubizaho.
Uyu muyobozi asaba abaturage kujya bashishoza bakareba niba umuturage uri gukora muri ibyo bikorwaremezo afite ibyangombwa bimuranga n’umwambaro w’akazi kandi na bo bakabigira ibyabo.
Kuri ubu mu mujyi wa Kigali hamaze kubarurwa ibilometero 8,6 by’insinga z’amashanyarazi zibwe,ibyapa 16 ku mihanda na byo byibwe ndetse n’imifuniko cyangwa ibisima (darete) bipfundikira imiyoboro y’amazi byagiye byibwa ibindi bikangizwa.
Jean Paul TURATSINZE
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru