AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Umuganura ni igihe cyo kwishimira ibyagezweho mu iterambere ry'igihugu

Yanditswe Aug, 05 2016 11:46 AM | 3,266 Views



Kuri uyu wa gatanu hirya no hino mu gihugu ku rwego rw’umuryango, umudugudu,  no ku rwego rw’igihugu, abanyarwanda b’ingeri zitandukanye bari kwizihiza umunsi w’umuganura.

Minisiteri y’umuco na siporo itangaza ko kuri uyu munsi  nyirizina w’umuganura, abanyarwanda batagomba kwishimira gusa umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi bagezeho,  ko ahubwo bagomba no kwishimira indi mirimo itandukanye igira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Mu Rwanda umuhango w’umuganura numwe mu mihango gakondo abanyarwanda batsimbarayeho kubera indangagaciro zikomeye uhatse zirimo: guhimbaza umurimo no kuwunoza, gusangira ndetse no gusabana.

Mu Rwanda rwo hambere,  ku munsi w’umuganura abantu bubatse nibwo bashyiraga ababyeyi babo ibyo bejeje bakabaganuza cyane cyane ibikomoka ku musaruro w’amasaka, ariko kwizihiza umuganura muri iki gihe byarenze imbibi zo kwita ku musaruro wubuhinzi n’ubworozi gusa, ahubwo bigera no muzindi nzego zireba ubuzima n’iterambere by’abanyarwanda.


Ibirori by‘umuganura ku rwego rw’igihugu byizihizirijwe  mu rukari i Nyanza mu ntara y’amajyepfo, bikaba kandi byabanjirijwe  n’umuhango wo gusoza FESPAD.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage