AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Uko ubuhahiranye hagati y’u Rwanda na Uganda buhagaze

Yanditswe Sep, 26 2022 19:18 PM | 103,299 Views



Inzego zishinzwe ibijyanye n’ishoramali hagati y’u Rwanda na Uganda, ziremeza ko ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi bukomeje kuzanzamuka nyuma y’uko ibintu bisubiye mu buryo hagati y’ibihugu ndetse na nyuma yuko icyorezo cya Covid-19 gitangiye kugenza make.

Abakora ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi bo bemeza ko hagikenewe gushyirwamo imbaraga kugirango ibintu bisubire nkuko byahoze mbere.

Abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bavuga ko ubuhahirane hagati y'u Rwanda na Uganda bugenda bwongera kuzamuka, buganisha ku rwego bwahozeho nubwo ngo hakiri ibigomba kunozwa.

Ministiri w’ubucuruzi n'inganda, Dr. Ngabitsinze Jean Chrisostome avuga ko umubare w'abarimo gusaba impushya zo gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka yombi ugenda wiyongera bikaba kimwe mu byashingirwaho hemezwa ko ubu buhahirane bugenda bwiyongera.

Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro, Bizimana Pascal Ruganintwari nawe yemeza ko uretse ibindi bibazo ariko n’icyorezo cya Covid-19 cyari cyadindije ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.

Komiseri mukuru ushinzwe imisoro n’amahoro muri RRA yatangaje ko kuva batangira ubuhahirane ibiva mu Rwanda bijya muri Uganda bifite agaciro gakabakaba muri million 400, naho ibiva muri Uganda byinjira mu Rwanda bihagaze agaciro ka miliyali 15 .



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage