AGEZWEHO

  • Kayondo ukekwaho uruhare muri Jenoside yatawe muri yombi n’u Bufaransa – Soma inkuru...
  • Kigali: Ahimurwa abaturage kubera amanegeka hateganyirijwe gukorerwa iki? – Soma inkuru...

Uko guhuza ubutaka bikomeje kuzamura umusaruro w’ubuhinzi

Yanditswe Jan, 04 2021 09:27 AM | 154,958 Views



Mu mwaka wa 2020 ubuhinzi bwinjije amafaranga y’u Rwanda miliyari 419 nk’uko bigaragazwa na Raporo y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare. Umusaruro uva muri uru rwego kandi wazamutseho 5% bijyana no kwiyongera k’ubuso buhingwa ndetse n’ubw’ubutaka bwahujwe. 

Kwiyongera k’umusaruro w’ubuhinzi bifitanye isano n’uk’ubuso bwahujwe mu gihugu kuko bwatanze umusaruro mwinshi kurusha uwaturutse ku buso bw'imirima y'abaturage yahinzwe idahujwe.

Guhinga ku buso bw’imirima y’abaturage umwe umwe biri mu byo bagaragaza nk’ibidindiza umusaruro wabo.

Ku rundi ruhande, Emmanuel Ndayizigiye uyoboye ihuriro ry'abagoronome bize muri Israel avuga ko bafite hegitari zisaga ibihumbi icumi zahujwe ku buryo asanga biri mu byongera umusaruro w’ubuhinzi.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare muri raporo y’umwaka wa 2020 kigaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi wazamutse.

Nk'umusaruro w’ibitoki wazamutseho 12% bagereranyije n'umwaka wa 2019, umusaruro w'ibigori n'amasaka uzamukaho 7%, na ho uw'imyumbati wiyongereyeho 8%.

Iyi raporo ariko igaragaza umusaruro w'umuceri wo wamanutse ku kigero cya 11%, uw'ibirayi ugabanukaho 12% ndetse n'umusaruro w'ibishyimbo umanuka ku 9%.

Kugabanuka k’umusaruro w’ibi bihingwa byanagaragaye ku isoko cyane cyane ibishyimbo n’ibirayi.

Impuguke mu buhinzi akaba n'umwalimu muri Kaminuza y'u Rwanda mu ishami ry'ubuhinzi Dr. Celestin Ukozehasi avuga ko guhuza ubutaka binafasha leta muri gahunda zayo zo kugeza ibikorwaremezo ku bahinzi.

Ubutaka bwose bwahinzwe mu mwaka wa 2020 bwari hegitari miliyoni imwe n'ibihumbi ijana bungana na 81% by'ubutaka bwose buhingwa mu gihugu, ugereranyijwe n'umwaka wa 2018/2019. Mu  mwaka wa 2020, ubuhinzi bwinjirije igihugu miriyari 419 mu mafaranga y'u Rwanda.

Bosco KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF