Yanditswe Nov, 21 2022 16:35 PM | 252,088 Views
Impuguke mu iterambere n’ubukungu zisanga ibipimo bigenderwaho harebwa umusaruro mbumbe w’ibihugu bikwiye guhinduka kugirango harebwe no ku musaruro mbumbe w’abakene bityo nabo bafashwe kuzamura imibereho yabo.
Raporo ku busumbane ku Isi, The World Inequality Report 2022, igaragaza ko ubusumbane hagati y’abakize n’abakennye ku Isi buri ku gipimo gikabije.
Zimwe mu ngero zigaragara muri iyi raporo ni uko 10% by’abatuye Isi bose bihariye 76% by’imitungo yose yo ku Isi, ndetse bakaba ari nabo bihariye 52% by’amafaranga yose ari ku Isi. Ni mu gihe kandi umutungo w’abakene bangana na 50% by’abatuye Isi ari 2% gusa by’umutungo w’Isi.
Ni ikibazo Impuguke mu bukungu Prof. Herman Musahara avuga ko abahanga bagishakira umuti.
"Nta muti umwe uhari ariko ubundi kuba bariya baherwe 50 Isi ifite b’abakire bakubwira ko babishatse bagahura bakavuga bati ntihazagire urara ubusa ku Isi byabaho, ariko iyo model [ubwo buryo] ntawe urayizana muri economy [mu bukungu] ngo turebe."
Ubu busumbane buravugwa mu gihe nyamara ubukungu bw’ibihugu ugendeye ku musaruro mbumbe wabyo budasiba kwiyongera. Kuri Maxwell Gomera, Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere mu Rwanda, avuga ko ikibazo nyamukuru ari ukwikunda gukabije kwa bamwe harimo n’ibihugu bikize.
:Ikibazo ni uko ubukungu bwiyongera ariko bukaba bwihariwe n’itsinda rito ry’abantu. Umubare munini w’abaturage imibereho yabo ishingira ku yindi mitungo nta mpinduka babona z’iryo terambere ry’ubukungu. Icyo ni cyo kibazo ariko dushobora kubihindura. Kimwe mu byadufasha kubihindura ni uguhindura ibyo tugenderaho duhitamo aho dushora ishoramari bigashingira ku bifitiye akamaro ubuzima bw’abaturage n’imibereho myiza yabo. Ku rundi ruhande ariko dufite ikibazo cya politiki ku Isi. Tuvuye mu nama ku mihindagurikire y’ikirere mu Misiri ahari impaka z’urudaca ku bihugu bikize bikomeje kohereza ibyuka bihumanya mu kirere ariko ibihugu bikennye ni byo bikomeje guhura n’ingaruka. None se kubera iki ibyo bidahinduka cyangwa bidahinduka ku muvuduko ukwiye? Turashaka gukomeza kubaho neza hejuru y’ubuzima bw’abandi burimo kwangirika! Ibyo bikwiye guhinduka kandi bigomba guhinduka."
Ku rundi ruhande ariko ngo u Rwanda ni urugero rw’ibishoboka aho ubwiyongere bw’umusaruro mbumbe w’igihugu bushobora kujyana n’iterambere ry’imibereho myiza y’abatishoboye.
"U Rwanda ni intangarugero ku Isi kandi abatari bake batangiye kureba guverinoma y’u Rwanda yasubije amaso inyuma igashora imari mu bifitiye abaturage akamaro. Iyo urebye nka gahunda ya "GIRINKA" ni ikimenyetso cyerekana ko inka ari umutungo ku muryango ariko ntabwo ibyo bihagije kuko inka yonyine ntiyazana uburumbuke mu muryango ariko wayubakiraho umuryango mugari ukagira umutungo."
Impuguke mu bukungu n’iterambere ziturutse muri za kaminuza, mu bigo n’imiryango mpuzamahanga ikorera cyane cyane muri Afurika ziri I Kigali kuva kuri uyu wa mbere, aho zisuzumira hamwe uburyo ibipimo by’iterambere ry’ubukungu byajya bigera ku bakene hakarebwa uko imibereho yabo ijyana n’umusaruro mbumbe, icyo bise GDP of the poor.
Divin UWAYO
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru