AGEZWEHO

  • Abanyarwanda bashoye imari mu gutwara abantu muri Uganda barishimira umupaka wafunguwe – Soma inkuru...
  • Abahabwa inkunga zo kubavana mu bukene baravuga ko ubuzima bwabo burimo guhinduka – Soma inkuru...

Ubucuruzi-Afurika: Hagiye gushyirwaho amabwiriza y'Ubuziranenge ahuriweho

Yanditswe Feb, 06 2023 12:30 PM | 40,618 Views



Intumwa zo mu bihugu bitanu bya Afurika zihagarariye ibice bitanu by'uyu mugabane (Uburasirazuba, Uburengerazuba, Amajyepfo, Amajyaruguru ndetse na Afurika yo hagati) ziri mu Rwanda mu gihe cy'icyumweru aho zirimo gutegurira hamwe inyandiko ihuriweho, ikubiyemo amabwiriza y'ubuziranenge muri gahunda yo kunoza ubuhahirane kuri uyu mugabane ariko nanone ibicuruzwa bihererekanywa bikaba byujuje ubuziranenge.

Amasezerano y'isoko rusange rya Afurika yamaze kwemezwa burundu n'ibihugu 55 bigize uyu mugabane aho buri gihugu cyemerewe gukorana ubucuruzi n'ikindi nta nkomyi cyangwa andi mananiza ayo ari yo yose.

Abahagarariye ibihugu byabo mu itegurwa ry'aya mabwiriza ahuriweho baravuga ko nubwo buri gihugu gisanzwe gifite ikigo gishinzwe ubuziranenge ngo ari ingenzi kugira amabwiriza ahuriweho kugirango binagabanye igihe ibicuruzwa bimara ku mipaka bitegereje kwemererwa kwinjira mu kindi gihugu.

Ibi kandi bizanazamura urwego rw'ubucuruzi hagati y'ibihugu bigize umugabane wa Afurika kuri ubu buri ku rwego rwa 16%.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bashoye imari mu gutwara abantu muri Uganda barishimira umupaka waf

Abahabwa inkunga zo kubavana mu bukene baravuga ko ubuzima bwabo burimo guhinduk

Perezida wa Sena yasabye Abanyarwanda kugendera kure imyifatire yose igamije gup

Rusesabagina na Nsabimana Callixte bahawe imbabazi

Abarangije mu ishuri Rikuru rya gisirikare rya Nyakinama basabwe gukoresha neza

Uganda Airlines yemerewe gukorera mu Rwanda

Icyo abacuruzi biteze ku kigega kizunganira ishoramari

U Rwanda n’abafatanyabikorwa mu bufatanye mu guhangana n’ihindagurik