AGEZWEHO

  • Kayondo ukekwaho uruhare muri Jenoside yatawe muri yombi n’u Bufaransa – Soma inkuru...
  • Kigali: Ahimurwa abaturage kubera amanegeka hateganyirijwe gukorerwa iki? – Soma inkuru...

Ubucuruzi-Afurika: Hagiye gushyirwaho amabwiriza y'Ubuziranenge ahuriweho

Yanditswe Feb, 06 2023 12:30 PM | 40,746 Views



Intumwa zo mu bihugu bitanu bya Afurika zihagarariye ibice bitanu by'uyu mugabane (Uburasirazuba, Uburengerazuba, Amajyepfo, Amajyaruguru ndetse na Afurika yo hagati) ziri mu Rwanda mu gihe cy'icyumweru aho zirimo gutegurira hamwe inyandiko ihuriweho, ikubiyemo amabwiriza y'ubuziranenge muri gahunda yo kunoza ubuhahirane kuri uyu mugabane ariko nanone ibicuruzwa bihererekanywa bikaba byujuje ubuziranenge.

Amasezerano y'isoko rusange rya Afurika yamaze kwemezwa burundu n'ibihugu 55 bigize uyu mugabane aho buri gihugu cyemerewe gukorana ubucuruzi n'ikindi nta nkomyi cyangwa andi mananiza ayo ari yo yose.

Abahagarariye ibihugu byabo mu itegurwa ry'aya mabwiriza ahuriweho baravuga ko nubwo buri gihugu gisanzwe gifite ikigo gishinzwe ubuziranenge ngo ari ingenzi kugira amabwiriza ahuriweho kugirango binagabanye igihe ibicuruzwa bimara ku mipaka bitegereje kwemererwa kwinjira mu kindi gihugu.

Ibi kandi bizanazamura urwego rw'ubucuruzi hagati y'ibihugu bigize umugabane wa Afurika kuri ubu buri ku rwego rwa 16%.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF