AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Ubucucike bukabije nyuma y'aho icyiciro cya 2 cy'abanyeshuri gisubiye ku masomo

Yanditswe Nov, 23 2020 20:41 PM | 59,686 Views



Kuri uyu wa Mbere wari umunsi w’itangira ry’icyikiro cya kabiri cy’abenyeshuri bari bamaze amezi mu ngo bitewe n’icyorezo cya covid-19. Gusa,kuri uyu munsi hagaragaye umubare munini w’abanyeshuri kuri bimwe mu bigo byakiriye abanyeshuri bitanbdukanye n’uko byari byitezwe kuburyo hafashwe icyemezo cyo gusaba abanyeshuri kwiga mu byiciro.

Iki kibazo cy'ibura ry'intebe no gusubiza abanyeshuri mu rugo kugira ngo bige mu byiciro  cyagaragaye ku bigo bifte imyaka 9 na 12  y'uburezi bw'ibanze ndetse no mu mashuri abanza.

Abanyeshuri bari babukereye bakigera ku mashuri kubera ubwinshi bwabo no kwirinda icyorezo cya COVID 19 byatumye bamwe badakomeza kwiga basubira mu rugo kugira ngo bagaruke mu byiciro bavuga ko ibi bizagira ingaruka ku myigire yabo  dore ko n'abanyeshuri bo mu burezi bw'ibanze bafatiraga amafunguro ku ishuri bari kwiga igice cy'umunsi  bagasimburana.

Kubera ubwishi bw'abanyeshuri,hari amwe mu mashuri yongerewemo intebe zaturutse mu byumba by'amashuri abanyeshuri bo mu kiciro cya mbere cy'amashuri abanza bataragaruka ku ishuri, ku buryo abarimu bari kwigisha bihagitse mu mfuruka  kuko intebe zabasatiriye.

Mu bigo bicumbikira abanyeshuri bo kwicara mu ishuri no kujya gufata amafunguro ndetse n'aho barara babisubije uko byari bisanzwe mbere y'uko icyorezo cya COVID19 kigera mu Rwanda kuko nta mashuri yongerewe ndetse n'inyubako bararamo cyangwa aho barara ngo hagurwe. Cyakora bakomeza ingamba zo kwirinda zirimo nko gukaraba intoki, kwambara agafukamunwa ariko ubucucike bukomeza kugaragara.

Abayobozi b'ibi bigo by'amashuri bafashe ibyemezo bitandukanye birimo no kugabanya umubare w'amasomo yigishwaga umunyeshuri  akava ku 9 akaba 6.

Minisiteri  w'uburezi Dr Uwamariya Valentine aherutse gutangaza ko ibigo by'amashuri bigiye kwakira abanyeshuri icyiciro cya kabiri bigomba kubahiriza amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID19 bitewe n'uko ishuri ringana abanyeshuri bashobora kwicara ku ntebe 2,ubucucike bukazakemurwa n'ibyumba by'amashuri biri kubakwa.

Abanyeshuri batangiye amasomo igihembwe cya kabiri  kuri uyu wa mbere ni abo mu mashuri yisumbuye umwaka wa mbere,uwa kabiri n'uwa kane ndetse n'abo mu mwaka wa kane mu mashuri abanza.


Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage