AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Pologne igiye gufungura ambasade i Kigali

Yanditswe Dec, 05 2022 11:47 AM | 113,807 Views



Itsinda ry'abayobozi baturutse mu gihugu cya Pologne riri mu Rwanda mu ruzinduko rw'iminsi itatu, aho kuri uyu wa Mbere ryagiranye ibiganiro n'itsinda ry'abayobozi b'u Rwanda riyobowe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga Vincent Biruta.

Ni ibiganiro byabereye kuri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane aho impande zombi zaganiraga ku butwererane hagati y’ibihugu byombi.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije wa Pologne Pawet Jabloriski uyoboye itsinda ryaturutse muri iki gihugu, avuga ko umwaka utaha iki gihugu kizaba gifite ambasaderi uzaba afite icyicaro i Kigali.

Iki gihugu gifata u Rwanda nk’ingenzi mu guhuza isoko rinini ryo muri kano karere ariyo mpamvu bitwaje itsinda rinini rigizwe na sosiyete zisaga 20 z’ishoramari mu nzego zinyuranye.

Ni uruzinduko rwahereye ku italiki 4 rukazasozwa kuri 6 z’uku kwezi, aho ibiganiro ku butwererane birimo kwibanda cyane mu birebana na politike, ubwirinzi, uburezi, ubucuruzi n’ishoramari.

Mu rwego rw’uburezi, Pologne ni igihugu gifite uburezi bufite ireme akaba ariyo mpamvu u Rwanda rufiteyo umubare w’abanyeshuri bagera ku 1.200.

Iki gihugu kibarizwa ku mugabane w’u Burayi bwo hagati gikungahaye cyane ku mabuye y’agaciro anyuranye ndetse ni igihugu cyateye imbere mu by’inganda z’ibyuma by’imodoka, iby’amashanyarazi, iby’amazi nibindi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage