AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

UBUSHINWA BWIJEJE U RWANDA KONGERA UBUFATANYE

Yanditswe Apr, 23 2019 09:11 AM | 6,347 Views



Ministre w’intebe Dr Edouard Ngirente arizeza ko inyubako leta y’u Bushinwa yahaye u Rwanda izafasha inzego za leta zizayikoreramo kurushaho gutanga service nziza. Ubushinwa bwo busezeranya kuzakomeza kuba umufatanyabikorwa mwiza w’u Rwanda mu mishinga y’iterambere.

Inyubako yashyikirijwe u Rwanda igizwe n’amagorofa 7 ku gice cyo hagati n’andi 5 ku mpande byose hamwe bifite ubuso bungana na metero kare ibihumbi 16. Yubatswe mu gihe cy’imyaka isaga gato 2 itwaye miliyoni 27 z’amadolari ya amerika ni amafranga y’u Rwanda asaga niliyari 24.

Ministre w’ibikorwa remezo Amb. Claver Gatete agaragaza ko iyi nyubako ari igisubizo ku nzego za leta zakoreraga mu nzu zatwaraga Leta amafranga menshi y’ubukode.

 “Bivuze ko izakodeshaga zitongera gukodesha kuko zibonye inyubako nshya izamara igihe kirekire, binafasha kugabanya icyatangwaga mu gukodesha. Ni inyubako ijyanye n’icyerekezo cyacu, uko tugenda dutera imbere ni ukongera inyubako za leta kugirango tureke gukomeza gukodesha.” Amb Claver Gatete, Ministre w’ibikorwa remezo


Abatekinisiye basobanura ko ibikoresho byubatse iyi nzu, ibingana na 30% byaturutse mu Rwanda, naho 70% byavuye mu Bushinwa. Vice prezida wa komite y’abaturage b’abashinwa ishinzwe politiki (National Committee of the Chinese People’ Political Consultative Conference), Zheng Jianbang; yasobanuye ko u Bushinwa n’u Rwanda ari abafatanyabikorwa beza, anizeza ko hari indi mishinga igihugu cye cyiteguye gushyigikira.

“Hari imishinga 2 y’abashinwa bagomba kugiramo uruhare nko kubaka umuhanda ujya ku kibuga cy’indege cya Bugesera, umuhanda wa Huye-Kibeho. Hashize imyaka isaga 40 umubano w’ibihugu byombi ugiyeho; ibihugu byacu birushaho gukorana neza ndetse abaturage babyo bakomeza kugirana ubushuti no kwagura imikoranire.” Zheng Jianbang, Visi prezida-CPPCC


Ku ikubitiro iyi nyubako izakoreramo ibiro bya minisitiri w’intebe, inzego zibishamikiyeho n’ibigo na ministeri zitandukanye nk’iy’ibikorwaremezo, iy’ubutabera n’izindi. Ministre w’intebe Dr Edouard Ngirente washyikirijwe iyi nyubako na leta y’u Bushinwa asobanura ko iki ari kimwe mu bimenyetso by’umubano mwiza w’ibihugu byombi, bityo ngo iyi nyubako izafasha inzego zizayikoreramo kurushaho gutanga service nziza.

“Iyi nyubako iragaragaza intambwe y’imibanire iri hagati y’u Rwanda n’Ubushinwa; ndashimira cyane Ubushinwa bushyikirije u Rwanda inyubako nk’iyi igezweho kuko izafasha abakozi b’ibiro bya minister w’intebe n’izindi nzego zizayikoreramo guha abazabagana service nziza kandi zihuse.” Dr Edouard Ngirente, Ministre w’intebe

Iyi nyubako ihawe u Rwanda ije isanga indi ikoreramo ministeri zirimo iy’ububanyi n’amahanga, iy’ubucuruzi n’inganda nayo itari kure y’iyi izakoreramo ibiro bya ministre w’intebe.


Inkuru ya Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage