AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

UBUSESENGUZI: ABANYARWANDA BARUSHAHO KUGIRA IMIBEREHO MYIZA

Yanditswe Mar, 18 2019 08:09 AM | 5,407 Views



Abasesenguzi mu bukungu n'abaturage baravuga ko mu gihe ubukungu bw'u Rwanda bukomeza kuzamuka, hakongerwa imishinga y'iterambere no mu bice by'icyaro kugira ngo izamuka ry'ubukungu rigere mu mpande zose z'igihugu. Ibi ngo byafasha no kuzamura umusaruro mbumbe w'igihugu.

Abaturage bavuga ko basanga Abanyarwanda barushaho kugira imibereho myiza ugereranyije n'imyaka yo hambere. 

Umwe muri bo ni uwitwa Niyibaho Bertilde, umuhinzi w'urutoki mu Murenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro. Ubu buhinzi bw'ibitoki by'inyamunyu abukorera ku buso bungana na hegitari imwe n'igice. Kuri we abona ubuhinzi bugenda bufata umurongo kuko kuri ashobora kubona toni y'ibitoki buri kwezi kandi akaba anafite isoko ryabyo mu Mujyi wa Kigali.

Gusa hari n'abavuga ko bitabujije ko hari abakeneye kuzamurwa kugirango imibereho myiza iganisha ku bukungu igere kuri benshi bashoboka bityo ntihabe icyuho kinini ku bakize n'abakennye.

Abakurikiranira hafi Politiki y'Ubukungu mu Rwanda bahamya ko u Rwanda rwahindutse ku buryo bugaragara kandi mu nzego zose by'umwihariko mu mugi wa Kigali. Bongeraho gusa ko izi mpinduka mu bukungu zikwiye gushyigikirwa n'imishinga itanga akazi yerekezwa mu bindi bice by'igihugu kugira ngo abaturage bose bazamukire rimwe aho kurebera ubukungu mu murwa mukuru wonyine nk'uko bisobanurwa na Prof Ndikumana Viateur.

Ministeri y'Imari n'Igenamigambi ubwo yamurikaga uko umusaruro mbumbe w'igihugu wari uhagaze mu mwaka ushize wa 2018, yagaragaje ko umusaruro w'inganda wazamutse ku gipimo cya 10%, imitangire ya serivisi izamuka ku rwego rwa 9% naho ubuhinzi buzamuka ku gipimo cya 6%. 

Ministre Dr Uzziel Ndagijimana asobanura ko hari imbaraga nyinshi zashyizwemo kugira ngo ibi bigerweho.

Mu mwaka ushize umusaruro mbumbe w'igihugu (GDP) wazamutse ku gipimo cya 8.6%.


Inkuru ya Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage