AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

U Rwanda rwatangije gahunda ya Generation Unlimited izazamura urubyiruko

Yanditswe Sep, 04 2020 07:14 AM | 195,038 Views



Mu gihe abarenga 50% by’abatuye Isi muri iki gihe ari urubyiruko, abakiri bato baributsa abakuze kubaha umwanya n’amahirwe bakagaragaza icyo bashoboye kugirango banabashe kubigiraho muri byose. 

Ibi ni bimwe mu byagarutsweho kuri uyu wa kane ubwo u Rwanda rwatangizaga ku mugaragaro gahunda ya Generation Unlimited igamije iterambere ry’urubyiruko binyuze mu kwihangira imirimo n’uburezi. 

Gutangiza ku mugaragaro gahunda ya Generation Unlimited mu Rwanda byakozwe hifashijwe ikoranabuhanga. Ni umuhango waranzwe n’ibiganiro byahuje urubyiruko n’abayobozi mu nzego zitandukanye. 

Muri iki kiganiro urubyiruko rwagaragaje ko mu mbogamizi zituma urubyiruko rutabyaza umusaruro amahirwe ahari, harimo ireme ry’uburezi riri hasi, cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, bigatuma urubyiruko rutabasha guhanga ibishya uko bikwiye ndetse no ntirubashe guhatana ku isoko mpuzamahanga.

Icyakora kuri Origene Igiraneza, rwiyemezamirimo w’urubyiruko washinze ikigo cy’ikoranabuhanga, EdTech, gikorera mu bihugu 10 birimo u Buyapani na Australia, ngo urubyiruko ubwarwo rukwiye gukurana umuco wo kumenya kubyaza amahirwe imbogamizi zikibangamiye imiryango ruturukamo.

Ati "Ntabwo waza hano ngo unyumvishe ko nyuma yo kurangiza amasomo ari bwo wabonye icyo ugomba gukora, oya! Ibyo ntabwo ari byo! Ni ibintu byakabaye bihera hasi ku buryo umwana w’imyaka 10 atangira kwiga uko yacuruza ikintu runaka, kuko muri uko kubimenya yungukiramo n’ubundi bumenyi burimo itumanaho, kwamamaza n’ibindi byinshi. Kandi uko ukomeza gutekereza uko ibyo ubikora iwanyu bijyana no gutekereza uko wakwaguka ukoresheje ikoranabuhanga ukabasha gucuruza ku Isi hose!"

Ku rundi ruhande ariko, ngo abakuze na bo bafite inshingano yo gutera akanyabugabo abakiri bato kugira ngo batangire kwitoza kuzavamo ingirakamaro hakiri kare, nkuko Boris Karenzu, uyobobora abanyeshuri mu ishuri ryisumbuye rya Kagarama abisobanura.

Ati "Nimureke duhe amahirwe urubyiruko. Nimureke tubashyireho uburyo, tubahe urubuga bakore, tubahe amahirwe bakore ibi bintu kuko nubwo bakosa cyangwa bakagira aho basobwa mushobora gukomeza kubigisha no kubakosora! Ubwo ni bwo buryo bwonyine buzatuma bakura babashe kwaguka mu byo bakora kandi namwe ni ko mwakuze! Ntabwo wasiga umwana mu rugo ngo yicare arye gusa hanyuma ngo wicare wumva hari undi musaruro umutegerejeho! Ugomba kumuha uburyo ugakurikira impano ye n’ibyo akunda kuko na byo ni ngombwa." 

Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo Mohammed Moustapha Malick Fall, na we yagaragaje ko kugira ngo abato babone ubumenyi bakeneye ngo babashe guhanga ibishya n’imirimo muri rusange, bitagisaba kwicara mu ishuri ngo bigishwe n’umwarimu kuko amasomo nk’ayo ubu anyanyagiye kuri murandasi bitewe n’aho Isi igeze mu ikoranabuhanga.

Ati "Nizeye neza ko iyi gahunda ihuye neza n’umurongo ndetse n’icyerekezo cy’u Rwanda kandi sinshidikanya ko u Rwanda ruzaba igihugu cy’intangarugero ku bindi byose byo kuri uyu mugabane. Ibyo ni ibintu bimaze kwigaragaza muri gahunda zitandukanye nka Youth Connekt ndetse n’izindi zijyanye n’ikoranabuhanga. Izo gahunda zose rero usanga zidafitiye akamaro urubyiruko rw’u Rwanda gusa kuko zinafasha ibindi bihugu byo muri aka karere ndetse no muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara muri rusange." 

Aha ni na ho Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi ahera agaragaza ko gahunda ya Generation Unlimited ije kunganira izindi gahunda zisanzweho zo guteza imbere urubyiruko rw’u Rwanda.

Yagize ati "Iyi gahunda iraza kudufasha kugira ngo twunganire n’izindi gahunda dusanzwe dukora ari mu bijyanye no guha ubumenyi urubyiruko, guhindura no kongera imyumvire y’urubyiruko mu kwishakira no guhanga imirimo nanone n’ibijyanye no kubongerera ubushobozi kugira ngo bihangire imirimo banahobore no kuba babona akazi cyangwa no gukora bari mu rugo bakoresheje ikoranabuhanga."

Iyi gahunda yiswe Generation unlimited igamije gushyigikira imyigire y’urubyiruko ku rwego rw’amashuri yisumbuye, ikaba ireba urubyiruko ruri hagati y’imyaka 10 na  24. Ifite intego yo kurufasha kugira ubumenyi ngiro, aho intego ari uko mu mwaka wa 2030 urubyiruko rwose ruzaba rushobora kubona akazi rukora.

Ku rwego rw’isi, iyi gahunda iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame afatanyije n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni Antonio Guterres, ndetse na Perezida wa Trinidad and Tobago, Paula Mae Weeks.


Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage