AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

U Rwanda rwashimiwe uburyo rwimakaza uburenganzira bwa muntu

Yanditswe Jan, 26 2021 08:55 AM | 88,486 Views



U Rwanda kuri uyu wa Mbere rwakorewe isuzuma ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, rikorwa n’akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu.

Harebwe uko u Rwanda rwitwaye mu gushyira mu bikorwa amahame yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu myaka 5 ishize.

Ni isuzuma ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda COVID19, icyorezo kuri ubu cyibasiye isi.

Raporo y’u Rwanda yatanzwe na Minisitiri w’Ubutabera, akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye. Yagaragaje uburyo impanuro-nama [Recommandations] rwahawe n’ibihugu binyamuryango bya Loni mu kwezi kwa 2 muri 2015 zashyizwe mu bikorwa, hagamijwe kurengera uburenganzira bwa muntu n’imibereho myiza y’abaturage.

Ibihugu binyuranye bashimye uko u Rwanda rukomeje kwitwara mu kubahiriza amahame y'uburenganzira bwa muntu n’ubwo bisanga hakiri ibyanozwa.

Mu mpanuro-nama zigera kuri 50 u Rwanda rwahawe runiyemeza guteza imbere, Minisitiri Busingye yagaragaje ko mu myaka 5 ishize izo ngingo zashyizwe mu bikorwa uko bikwiriye.

Ni ingingo nyamkuru zijyanye n’ubwisanzure bw’itangazamakuru n’ubwo gutanga ibitekerezo, ubwigenge bw’ubutabera, ubukungu, ubuzima n’imibereho myiza y’abaturage.

Minisitiri Busingye, yagaragaje ko u Rwanda rwashyize mu bikorwa inama rwahawe n'Umuryango w'Abibumbye ahereye ku kuba na Komisiyo y'uburenganzira bwa muntu mu Rwanda yigenga ndetse n'abayiyobora bakaba bashyirwaho mu buryo bukurikije amategeko.

Yagize ati ''Aba bakomiseri barigenga  mu buryo bwuzuye, abagize komisiyo bemezwa n'inama yose y'abaminisitiri kandi bagashyirwaho n'iteka rya perezida. U Rwanda rwakiriye impanuro-nama ku bwisanzure mu gutanga ibitekerezo, ubwisanzuro bw'itangazamakuru, ubwisanzure ku kwishyira hamwe no kujya mu yindi miryango igamije amahoro. Turashaka kumenyesha abafatanyabikorwa bacu ko aya mahame tuyazirikana cyane mu itegeko nshinga ry'u Rwanda rya 2003 ryavuguruwe muri 2015 kandi yubahirizwa nk'uko biteganywa n'amategeko.''

Minisitri Busingye yagaragaje kandi ko nta bikorwa na bimwe byibasira abantu ku giti cyabo kuko ari abanyapolitiki, abanyamakuru cyangwa abaharanira uburenganzira bwa muntu; ko ahubwo buri muntu akurikiranwa n’ubutabera hashingiwe ku cyaha runaka aba akurikiranweho bigakorwa mu bwigenge bw’ubutabera.

Minisitiri Busingye yagaragaje ko abavuga ko u Rwanda rufite ahantu hatazwi rufungira abantu nko mu bigo bya gisirikari n’ahandi nta shingiro bifite ko ahafungirwa hose hateganywa n’amategeko.

Yagize ati “Leta y’u Rwanda irifuza kugaragaza ko u Rwanda rufite amagereza atandukanye, ahafungirwa abasivire n'ahafungirwa abasirikari. Zose kandi zikorera ku mugaragaro kandi mu buryo bwubahiriza amategeko ku buryo uwo ari we wese yazigeraho, zikanubahiriza nibura amabwiriza mpuzamahanga ku bantu uburenganzira bwabo buba bubangamiwe. Nta gereza nk’izo zinyuranyije n'amategeko ziri mu Rwanda kandi ndemeza ko Guverinoma y'u Rwanda yamagana ibyo birego bidafite ishingiro biba biherekejwe n'impamvu za politiki by'abo babishyigikira.''

Mu bindi Minisitiri w’Ubutabera yagaragaje hashingiwe ku mpanuro-nama yahawe kuri raporo ni uko u Rwanda rugiye gukomeza kwagura imikorere igamije guteza imbere amahame y'uburenganzira bwa muntu aho inzego zishinzwe ubutabera zikomeza gukorera abaturage, hibandwa ku kongera ubwisanzure bw’itangazamakuru, kurwanya icuruzwa ry’abantu, kwemeza amategeko ahana akanakumira ingengabitekerezo ya JenoSide, kwita ku baturage bafite intege nke nk'abafite ubumuga, n'abana n’ibindi bigamije guteza imbere uburenganzira bwa buri muturage.

Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage