AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

U Rwanda ruri ku mwanya wa 2 muri Afurika mu gutanga serivise nziza kandi zinoze

Yanditswe Oct, 03 2017 19:05 PM | 7,245 Views



Urwego rw'igihugu rushinzwe iterambere RDB, rutangaza ko nubwo imitangire ya servisi igenda itera imbere muri rusange, hakigaragara zimwe mu nzego zigenda biguruntege mu mitangire ya servisi ibi bikaba bibangamira iterambere ry'ubukungu bw'igihugu.

Urwego rw'igihugu rushinzwe iterambere RDB, ni hamwe usanga urujya n'uruza rw'abanyarwanda ndetse n'abanyamahanga baje bakeneye servisi zitandukanye nko kwandikisha ibikorwa by'ubucuruzi kwaka amakuru ku bukerarugendo mu Rwanda ndetse n'izindi servisi yaba izabikorera cg izijyanye n'inzego za leta.

Umuyobozi mukuru wungirije wa RDB Emmanuel Hategeka avuga ko nubwo uko iminsi yicuma ariko imitangire ya servisi igenda inoga,hakiri intera bitewe n'icyerekezo igihugu cyihaye mw' iterambere. Yagize ati, "abikorera nibo shingiro ry' ubukungu bw' igihugu ari imibare tugenda tubona nuko ababagana batarishimira imitangire ya servisi babona, niyo mpamvui muri iki cyumweru cyahariwe abakiriya twongora gukangurira cyane cyane abikorera gushyiraho umwete mugutanga servisi  bakumvako umukiriya cyangwa uza abagana asaba servisi ariwe utuma babaho ari nawe utuma ibyo bakora bibateza imbere."

Umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, imwe mu nkingi z' iterambere z' u Rwanda, Kaliza Belise atangaza ko aka ari akanya ko kurushaho  gutega amatwi abagana ibigo bitanga servisi mu rwego rwo kunoza imikorere bitewe nicyo ababagana bakeneye.

Servisi z' ubuvuzi cyangwa se amabanki ni zimwe mu nzego zakomeje gutungwa agatoki mu minsi yashize mu bijyanye na servisi  zitajyanye n' icyerekezo igihugu cyihaye gusa bamwe mu banyarwanda bavuga ko zimwe mu ngamba zafashwe na reta zimaze gutanga umusaruro nubwo utaragera aho bifuza.

Icyumweru cyahariwe gutanga servisi ku bakiriya gifite insanganyamatsiko  igira iti ''Kubaka Icyizere mu Bakugana''.

Icyegeranyo cy' ihuriro ry' isi mu by'ubukungu giheruka cya 2017-2018 gishyira u Rwanda ku mwanya wa 2 muri Afrika  y' iburasirazuba  mu mitangire ya servisi inoze, rukaba urwa 2 ku mugabane wa Afrika naho kw' isi rukaza ku mwanya wa 41 ruvuye kuwa 107 mu cyegeranyo cya 2014-15.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage