Yanditswe May, 20 2022 17:47 PM | 100,734 Views
Kuri uyu wa Gatanu, u Bubiligi bwahaye u Rwanda inkunga ya Miliyari 18.800 z’amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu
mushinga ugamije guteza imbere abagore n'urubyiruko.
Amasezerano y’iyi nkunga yasinywe hagati ya minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana na Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Bert Versmessen.
Minisitiri Dr Ndagijimana asobanura ko iyi nkunga izafasha muri gahunda igihugu gisanganywe yo kugabanya ubushomeri by'umwihariko mu rubyiruko n'abagore.
Yagize ati "Ikibazo cy'umurirmo mu rubyiruko ni ikibazo kigari ku buryo ibyakozwe twavuga ko bihagije ngo bose babone imirimo, dore ko n'igipimo cyerekana ko abadafite imirimo kikiri hejuru, uyu mushinga rero uzafasha muri iyo mishinga isanzweho, harimo no kubafasha gushinga ubucuruzi buri ku rwego uciriritse hagamijwe ko biteza imbere."
Ambasaderi w'u Bubiligi mu Rwanda, Bert Versmessen avuga ko gutera inkunga ibikorwa by'urubyiruko n'abagore no kubafasha guhanga imirimo ari gahunda nziza kandi yihuse yo kugera ku itermabere.
"Mu isuzuma twakoze twabonye ko iyo witaye kuri ibi byiciro byombi ubona umusaruro munini kandi vuba, hanyuma impamvu yo gukorera i Kigali no mu nkenggero z'ikiyaga cya Kivu ni uko twashakaga kugera ku bantu benshi bari muri za nzego twavuze mu bushabitsi bwinshi nko ku ngengero nyine za kiriya kiyaga, muri rusange rero ibyiciro byabo dutera inkunga naho bari byose byaherewe ku gushaka kugera ku musaruro mwiza kurushaho."
Minisiteri y'imari n'igenamigambi ivuga ko umushinga uzashorwamo aya mafaranga uzakorerwa mu Mujyi wa Kigali no mu turere dukikije ikiyaga cya Kivu turimo Rubavu, Rutsiro, Karongi, Rusizi na Nyamasheke.
Uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa na minisiteri y'abakozi ba Leta n'umurimo, ifatanyije n'ikigo cy'Ababiligi ENABEL ndetse n'abikorera.
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
2 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru