AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Rwanda-Zambia: Inzego zishinzwe imfungwa n'abagororwa mu bufatanye

Yanditswe Apr, 26 2021 18:10 PM | 35,634 Views



Ubufatanye bw'inzego zishinzwe imfungwa n'abagororwa mu bihugu byú Rwanda na Zambia bwitezweho gutanga umusaruro ufatika muri gahunda zo kugorora.

Ibi byatangajwe ubwo umuyobozi w'urwego rw'igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa muri Zambia CG Dr Chisela Chileshe yagiranaga ibiganiro na Komiseri Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa mu Rwanda, CG Juvenal Marizamunda

Ibiganiro by'aba bayobozi bakuriye inzego z'imfungwa n'abagororwa mu bihugu byombi bigamije kurebera hamwe uburyo amasezerano y'ubufatanye yasinywe mu kwezi kwa 12 umwaka ushize yafasha impande zombi. 

Kuri uyu wa mbere hanashyizwe umukono ku masezerano y'uburyo bwo gushyira mu bikorwa ayo masezerano y'ubufatanye amaze amezi 5 yemejwe.

Umuyobozi w'urwego rw'igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa muri Zambia CG Dr Chisela Chileshe avuga ko uruzinduko rw'akazi arimo gukorera mu Rwanda ruzatanga umusaruro.

Yagize ati "U Rwanda  rwakomeje kuba ku isonga mu kugira ibikorwa byiza byo kugorora muri Afrika, buri gihe twishimira ibikorwa by’u Rwanda, bagenzi bajye twahuye bageragaza gusobanura uburyo bwo guhindura abafungwa abagororwa kandi bikaba bigomba guhinduka ukuri. Twakomeje gukorana ni yo mpamvu tudashobora gushidikanye gusinyana amasezerano n’u Rwanda."

Uyu muyobozi  yanagiranye ibiganiro n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera Nyirahabimana Solina. 

Umuyobozi w'urwego ry'igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa mu Rwanda, CG Marizamunda Juvenal avuga ko umubano mwiza w'ibihugu byombi ari wo utuma habaho ubufatanye hagati y'izi nzego zishinzwe imfungwa n'abagororwa.

Ubufatanye buzatuma habaho imikoranire mu bijyanye no guhanahana ubumenyi mu micungire myiza y'imfungwa n'abagororwa.

Umuvugizi w'urwego rushinzwe imfungwa n'abagororwa SSP Pelly Uwera Gakwaya avuga ko imikoranire y'izi nzego yitezezeho kugira inyungu ku mpande zombi.

CG Dr Chisela Chileshe yanasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ashyira indabo kumva, yunamira imibiri y'abatutsi ihashyinguye ndetse anasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abayobozi b'urwego ry'igihugu rushinzwe imfungwa n'abagororwa muri Zambia bari mu ruzinduko rw'akazi rw'iminsi 7 mu Rwanda mu ruzinduko rw'akazi ruzamara icyumweru, muri uru ruzinduko bakazasura gereza zitandukanye mu Rwanda.


KWIZERA JOHN PATRICK



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage