Yanditswe Aug, 17 2019 16:25 PM | 11,426 Views
Rubingisa Pudence ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali mu matora yabaye kuri uyu wa Gatandatu. Akaba asimbuye Marie Chantal Rwakazina uherutse kugirwa Ambasaderi w'u Rwanda mu Busuwisi.
Rubingisa yahatanaga na Rutera Rose. Akaba ari we wagize amajwi menshi yamuhesheje kujya kuri uyu mwanya.
Inteko itora y'abantu 94 igizwe n'Abajyanama b'Umujyi wa Kigali, na Biro Nyobozi y'Inama Njyanama z'Imirenge yose ni yo yatoye.
Rubingisa akaba yagize amajwi 71 na ho Rutera agira 22, impfabusa iba imwe,.
Uyu mugabo yakoze imirimo itandukanye, aho yakoze mu ya hoze ari ISAE Busogo, yakoze muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi, ndetse akaba yaranabaye Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y'u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n'imari.
Rubingisa kuri ubu yakoreraga ikigo cyigenga.
Amatora ya Komite Nyobozi y'Umujyi wa Kigali yo kuri uyu wa Gatandatu yabimburiwe n'ay'abajyanama bagomba guhagararira uturere mu Nama Njyanama y'Umujyi wa Kigali.
Dr Jeannette Bayisenge yatorewe kuba Perezida w'Inama Njyanama y'Umujyi wa Kigali, Visi Perezida aba Kayihura Muganga Didas na no Baguma Rose aba Umunyamabanga wayo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imiturire n'ibikorwaremezo watowe ni Dr NSABIMANA Ernest.
Na ho Umutoni Gatsinzi Nadine atorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wungirije ushinzwe ubukungu n'imibereho myiza. Uyu mudamu aka yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru