AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yitabiriye inama ya Banki y'Isi yiga ku iterambere rya Afurika – Soma inkuru...
  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse Jenoside

Yanditswe Apr, 15 2024 17:12 PM | 81,216 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rubavu, barashima inkunga yatewe imishinga yabo y’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi ubu ikaba yarahinduye imibereho yabo.

Mu murima w’ibigori wa koperative y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabishongo mu Murenge wa Mudende, barasarura ibigori, nyuma yo kugurwa bigapakirwa imodoka ibyerekeza ku isoko.

Ni ubuhinzi bufatanywa n'ubw’ibirayi hamwe n’ubworozi bw’Inka 37.  

Imiryango 52 yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ituye mu Mududugu wa Mudende ihamya ko inkunga yatewe imishinga yabo, bahereye nko kuba Inka boroye zibakamirwa, yahinduye imibereho yaho ku buryo bugaragara.

Usibye abakora ubuhinzi n'ubworozi, hari abandi bakora ubucuruzi batuye muri Muhira mu Murenge wa Rugerero, harimo n’abahawe inkunga y'amafaranga ibihumbi 500 batangiye kuyakoresha mu bucuruzi kandi umusaruro wabwo uraboneka.

Umuryango Ibuka mu Karere ka Rubavu uvuga ko inkunga ikenewe itaragera ku miryango yose y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi, ariko harimo gushakwa bisubizo mu bufatanye n’abafatanyabikorwa. 

Ibuka mu Karere ka Rubavu ivuga ko urwego rw’abikorera rwabemereye Inka zizorozwa imiryango y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi, iyi nayo ikaba yitezweho kuzafasha abarokotse mu kwiyubaka kwabo no kwiteza imbere.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta ut

Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w&rsq

Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize

Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka

Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5

Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023

Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gup

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya