AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

RURA yongeye kwihanangiriza abazamura ibiciro bya Gaz

Yanditswe Dec, 24 2021 20:17 PM | 81,346 Views



Urwego Ngenzuramikorere, RURA rwavuze ko kwiyongera kw'ibiciro bya gaz ari igihombo ku muguzi wa nyuma, bityo buri wese ugira uruhare mu kuzamura iki giciro azabihanirwa.

Abacuruzi ba gaz, abayiranguza kimwe n'abaturage barasaba ko habaho ibiganiro by'inzego zose z'uruhererekane rw'imicururize ya gaz kugira ngo hatangwe umwanzuro ukwiye ku giciro kuko kugeza ubu ibiherutse gushyirwaho bitaratangira gukurikiza uko byemejwe, ahubwo hakabaho kutavuga rumwe ku bijyanye n'ibiciro bikomeje kuguma uko byahoze.

Kuva tariki 15 z'uku kwezi nibwo ibiciro bishya bya gaz byatangiye kubahirizwa, aho abayitumiza bakanayinjiza mu gihugu igiciro kitagombaga kurenga amafaranga 1151, abayiranguza bakagurisha ku mafaranga 1220 naho umuguzi wa nyuma akayigura ku mafaranga 1260 ku kilo.

Ni nyuma y'uko hari hashize igihe humvikana izamuka ry'ibiciro bya gaz hirya no hino mu gihugu. 

Abaranguza gaz basobanura ko kugabanya ibiciro byatumye bacururiza mu bihombo, ari yo mpamvu ngo mbere yo gushyiraho ibiciro hajya hakorwa ubugenzuzi.

Olivier Kaberuka umuyobozi wa Kigali Gaz LTD yagize ati "Abacuruzi ba gaz basobanura ko hamwe na hamwe zatangiye kubura bitewe n'uko abazinjiza mu gihugu bazibitse, mu gihe abasanzwe baranguza nabo barimo kudandaza kuko abenshi baranguye bahenzwe, ibi bituma bahitamo kuzoherereza abaguzi bongeyeho igiciro cy'urugendo kuko nta yindi nyungu baba bari bubone kuko amabwiriza asaba ko ntawe uzamura igiciro."

Umuyobozi w'ihuriro ry'abatumiza bakaninjiza gaz mu Rwanda, Dr Akumuntu Joseph avuga ko ikibazo kiri ku bacuruzi ba gaz uhereye ku baranguza kuko we asanga gaz ihari ihagije.

Ati "Uko byagenda kose, kwiyongera kw'ibiciro bya gaz ni igihombo ku muguzi wa nyuma.

Umuyobozi mukuru wa RURA, Ernest Nsabimana yibutsa buri wese ugira uruhare mu kuzamura igiciro cya gaz ko azabihanirwa.

Nyuma yo gushyiraho ibiciro bishya bya gaz byatangiye gukurikizwa tariki 15 Ukuboza 2021, biteganijwe ko ibi biciro bizavugururwa nyuma y'ukwezi kumwe kugira ngo bijyanishwe n'igihe.

Jean Claude Mutuyeyezu




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage